Browsing category

Imikino

APR FC yandikiye FERWAFA

Ubuyobozi bwa APR FC, bwandikiye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, busaba umukino uzayihuza na Rayon Sports, wazabera muri Stade Amahoro. Tariki ya 9 Werurwe 2025, ni bwo ikipe y’Ingabo izakira Gikundiro mu mukino wo kwishyura wa shampiyona y’uyu mwaka w’imikino 2024-25. Ubuyobozi bw’ikipe y’Ingabo burangajwe imbere na Brig. Gen, Déo Rusanganwa, bwandikiye Ferwafa, busaba […]

Ka-Boy yashyize ukuri hanze ku byamuvuzweho

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu y’Abagore y’Umupira w’Amaguru y’Abagore (She-Amavubi), na Yanga Princess yo muri Tanzania, Mukandayisenga Jeanine uzwi nka Ka-Boy, yanyomoje abavuga ko yarwaye ibicurane. Mu minsi ishize ubwo hategurwaga imikino ibiri ya Misiri mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’Abagore cy’Umupira w’Amaguru, umwe mu bakinnyi b’Amavubi y’Abagore, Jeanine uzwi nka Ka-Boy, yavanwe mu mwiherero ikubagahu. […]

Umurenge Kagame Cup: Bwishyura irahiga gutwara igikombe

Ikipe y’umurenge wa Bwishyura ni yo yatsinze umukino w’irushanwa Umurenge Kagame Cup wayihuje n’iy’umurenge wa Rubengera bituma ari yo izahagararira Intara y’iburengerazuba muri iryo rushanwa. Uyu mukino wabaye ku Cyumweru tariki 24 Gashyantare, 2025 ubera ku kibuga kidafite aho gihuriye na buri kipe (terrain neutre), kiri mu Birambo mu Murenge wa Gashali, ikipe y’umurenge wa […]

Igikombe cy’Amahoro: Police na Amagaju zateye indi ntambwe

Mu mikino ibanza ya ¼ y’Igikombe cy’Amahoro, Amagaju FC na Police FC zabonye intsinzi iziganisha ku kugera muri ½ cy’iri rushanwa. Kuri uyu wa Gatatu, ni bwo hatangiye imikino ya ¼ y’irushanwa ry’Igikombe cy’Amahoro cy’uyu mwaka. Kuri Kigali Pelé Stadium, habereye imikino ibiri yabimburiwe n’uwahuje Police FC na AS Kigali Saa Cyenda z’amanywa. Ikipe y’Abashinzwe […]

Amavubi y’Abagore yimanye u Rwanda mu Misiri

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore y’umupira w’Amaguru, She-Amavubi, yanganyije n’iy’Igihugu ya Misiri ibitego 2-2 mu mukino wo kwishyura wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’Abagore kizabera muri Maroc uyu mwaka. Ku wa 25 Gashyantare, ni bwo kuri Stade yitwa Suez Canal Authority Stadium, habereye umukino wo kwishyura wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’Abagore, wahuje […]

#TdRwanda2025 Brady Gilmore yegukanye agace Musanze-Rubavu

Brady Gilmore ukinira ikipe ya Israel-Premier Tech wari wegukanye agace k’ejo ni nawe wegukanye agace Musanze-Rubavu, abarimo Eric Senderi, Mico The Best, Dj Brianne na Djihad baha ibyishimo abakunzi ba Ingufu Gin Ltd. Ku i Saa tanu zuzuye ni bwo abakinnyi 68 bari bahagurutse imbere y’isoko rya Musanze berekeza mu karere ka Rubavu, mu gihe […]

Brady Gilmore yegukanye agace ka #TdRwanda2025 gasaba Ingufu

Umunya-Australia Brady Gilmore ukinira Ikipe ya Israel Premier Tech, yegukanye Agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda ya 2025, naho Fabien Doubey akomeza kwambara umwambaro w’umuhondo. Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 25 Gashyantare ni bwo Tour du Rwanda ya 2025 yakomeje ku munsi wayo wa kabiri hakinwa agace ka Kabiri kavuye mu mujyi wa […]

Umuryango wa Siddick ukorera B&B wibarutse ubuheta

Nyuma yo kwibaruka imfura ya bo imaze kuzuza imyaka itanu, Umuryango w’umunyamakuru wa B&B Kigali FM mu gice cy’imikino, Nsengiyumva Siddick, wibarutse umwana wa kabiri. Uyu mwana w’umukobwa wiswe Ineza Nsengiyumva Malika, yibarutswe mu mpera z’icyumweru gishize ku Bitaro Bikuru byo kwa Nyiriankwaya. Ineza yaje asanga ubuheta bw’uyu muryango ugize na Siddick na Uwera Denise, […]

Shaban utoza AS Kigali mu babonye Licence B-CAF

Umutoza mukuru wa AS Kigali, Mbarushimana Shaban, ari mu batoza 19 b’Abanyarwanda babonye Licence B-CAF nyuma y’amezi ane bari bamaze mu mahugurwa. Ni amahugurwa yatangiye ku wa mbere tariki ya 23 Nzeri 2024, atangizwa n’Umuyobozi wa Tekiniki muri Ferwafa, Gérard Buscher, asozwa muri Mutarama 2025. Abarimu barimo Rutsindura Antoine, Bazirake Hamim, Ndaguza Théonas na Mwambari […]

FAPA igizwe n’abakiniye Amavubi ikomeje gushyigikira amarushanwa y’abato

Nyuma guhesha ikipe y’Igihugu, Amavubi, itike yo gukina Igikombe cya Afurika cyabereye muri Tunisie mu 2004, abibumbiye mu Ihuriro ry’Abakiniye Amavubi, “FAPA”, bahisemo gushyira imbaraga mu gushyigikira impano z’abato. Ku Cyumweru wa tariki ya 23 Gashyantare 2025, ni bwo FAPA yakinnye n’ikipe y’abatarabigize umwuga uzwi nka Karibu, kuri Kigali Pelé Stadium. Uyu mukino warangiye abakiniye […]