Ibifashijwemo na Ferran Torres waje asimbuye, ikipe y’Igihugu ya Espagne, yegukanye igikombe cy’Isi 2026 yaherukaga mu 2026. Yabigeze itsinze Argentine igitego 1-0.
Umukino wa nyuma wahuje aya makipe yombi, wabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 19 Nyakanga 2026.
Ni umukino wari witabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye bari bayobowe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, Gianni Infantino, Umwami w’Igihugu cya Espagne n’abandi.
Umukino watangiye abatoza bo ku mpande zombi bari mu mibare myinshi ndetse biza no kurangira igice cya Mbere nta kipe ibashije kubona mu izamu ry’indi.
Ni nako byaje kugenda mu minota 45 y’igice cya kabiri, kuko umukino waje kurangira amakipe yombi aganyije 0-0 maze hitabazwa iminota 30 y’inyongera.
Ku munota wa 106, ni bwo Ferran Torres wa Espagne, yasekeje inshundura ku gitego yatsindishije ukuguru kwe kw’iburyo.
Bagenzi be bamufashije kugicunga kugeza iminota 120 irangiye begukanye igikombe cy’uyu mwaka baherukaga mu 2010.
Rodri wa Espagne yabaye umukinnyi w’irushanwa, Pau Cubarsí bakina aba umukinnyi mwiza ukiri muto wigaragaje mu irushanwa mu gihe umunyezamu w’iki gihugu, Unai Simon ari we wahize abandi bari bahanganye.
Uyu munyezamu yabigezeho nyuma yo kwinjizwa igitego kimwe cyanyonyine mu irushanwa ryose.
Kylian Mbappé ni we watsinze ibitego byinshi (10) mu gihe Michael Olise bakinana mu Bufaransa, ari we watanze imipira myinshi (7) yavuyemo ibitego.
Ubusatirizi bw’amakipe y’Ibihugu bya Espagne n’u Bwongereza, ni yo yitwaye neza kurusha abandi bahanganye nyuma yo kwinjiza ibitego 20.
Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, ni yo yegukanye umwanya wa Gatatu nyuma yo kubona itsinze u Bufaransa.
Ubwugarizi bwiza bwabaye ubwa Espagne bwasoje irushanwa bwinjijwe igitego kimwe gusa.






UMUSEKE.RW
