Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), yongeye gufatira ibihano Rayon Sports byo kuyibuza kwandikisha abakinnyi bashya kugeza mu mpeshyi ya 2027.
Ni amakuru yamenyekanye ku wa 13 Nyakanga 2026. Ibi bibaye mu gihe kinini cyari gishize Ubuyobozi bw’iyi kipe, butangaje ko yakomorewe nyuma yo kwishyura Souleymane Daffé wari wayireze.
Amakuru avuga ko umwe mu bayireze muri FIFA bikaba intandaro yo kuyibuza kwandikisha abakinnyi bashya, ari umunyezamu wayo, Drissa Kouyaté n’ubwo Murera yasohoye Itangazo ryemeza ko nta kibazo ifitanye n’uyu munyezamu ndetse akiri umukozi wayo.
Perezida wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, aherutse gutangaza ko iyi kipe ifitiye umwenda abahoze ari abakozi bayo barimo Daffé wishyuwe miliyoni 23 Frw, gusa uyu Muyobozi ntiyatangaje uko yakemuye ikibazo cya miliyoni 20 Frw iyi kipe yari ibereyemo Afahmia Lotfi.
Ibi byose bikomeje kuba mu gihe ikipe ikomeje kwitegura CECAFA izabera i Kigali ku wa 25 Nyakanga 2026 ndetse na Rayon Day ku wa 18 Nyakanga 2026.

UMUSEKE.RW
