Imyuzure ikomeye yatewe no kwiyongera kw’amazi biturutse ku rubura rwo mu misozi rwaguye mu nzuzi imaze guhitana abantu barenga 170 muri Nepal, mu gihe abarenga 1,500 baburiwe irengero, barimo abanyamahanga benshi bari mu bikorwa by’ubukeraruegndo.
Ibi biza byabereye mu gace karo hafi y’umupaka wa Nepal n’intara ya Tibet mu Bushinwa, ku wa Gatatu tariki ya 26 Kanama 2026, nyuma y’uko ibibuye binini by’urubura byavuye ku misozi ya Himalaya bikagwa mu nzuzi bigateza ukuzamuka kwa mazi akarengera ubutaka.
Imibare y’ibanze igaragaza ko hamaze kuboneka imirambo y’abantu barenga 170.
Polisi ya Nepal yavuze ko umubare w’abapfuye ushobora gukomeza kwiyongera. Umuvugizi wayo, Abi Narayan Kafle, yabwiye Reuters ko bakomeje ibikorwa byo gushakisha abantu ko kandi biteze kubona abantu abantu benshi bapfuye.
Abatabazi bakomeje gukoresha kajugujugu mu gushakisha abarokotse no kugeza amahema, ibiribwa n’ibindi bikoresho by’ubutabazi ku bantu benshi baheze mu byondo no mu misozi.
Abasirikare n’abapolisi barenga 5,000 bari kwifashishwa.
Mu bantu baburiwe irengero harimo abanyamahanga benshi. Polisi n’abashinzwe ubukerarugendo bavuze ko muri Nepal honyine hari abantu 826 baburiwe irengero, hafi 500 muri bo bakaba ari abanyamahanga.
Ababuriwe irengero bakomoka mu bihugu birenga 20, barimo abantu 177 baturuka mu Buhinde, 63 bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, 34 bo muri Australia, 33 bo mu Bwongereza na 25 bo muri Canada.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yavuze ko amakipe ya Loni n’abafatanyabikorwa bayo bari kohereza ibikoresho n’abakozi kugira ngo bafashe abaturage bo muri Nepal bibasiwe n’ibi biza.
