Manirarora Elie yagarutse mu buyobozi bwa Kiyovu Sports

Uwahoze ari Visi Perezida wa Komite Olempike y’u Rwanda akanayibera Umunyamabanga Mukuru, Manirarora Elie, yagizwe Umunyamabanga Mukuru wa Kiyovu Sports biciye mu Nama y’Inteko Rusange Idasanzwe yahuje abanyamuryango b’iyi kipe.

Ku wa gatanu, tariki ya 1 Gicurasi 2026, abanyamuryango ba Kiyovu Sports bakoze inama y’Inteko Rusange Idasanzwe yari ifite ingingo enye zo kwigaho.

Muri zo, harimo ivuga kuzuza inzego z’ubuyobozi nyuma y’abari bamaze igihe beguye ku nshingano bari barahawe.

Mu bashyizwe mu buyobozi bw’iyi kipe yo ku Mumena, harimo Manirarora Elie wagizwe Umunyamabanga Mukuru asimbuye Karangwa Jeanine wari umaze igihe yeguye kuri izi nshingano.

Mu 2020 ubwo hatorwaga Komite Nyobozi ya Kiyovu Sports yari iyobowe na Mvukiyehe Juvénal, Manirarora yari yimamarije uyu mwanya ariko hatorwa Munyengabe Omar.

Elie uretse kuba yarigeze kuba mu Buyobozi bwa Komite Olempike y’u Rwanda, yanabaye Visi Perezida wa Komite y’Igihugu y’Imikino y’Abafite Ubumuga [NPC] ariko aza kwegura kuri uwo mwanya.

Karangwa Joseph wari Visi Perezida mbere, yasimbuwe na Carlos, Makuta Robert wari umubitsi yasimbuwe na Kayiganwa Angelique wahoze kuri uyu mwanya ubwo yatorwaga muri Komite yari iyobowe na Mvukiyehe Juvénal mu 2020.

Hashyizweho kandi Habinshuti Rashid nk’ushinzwe Ubukangurambaga bw’ikipe. Ni umwanya yasimbuyeho Minani Hemedi usanzwe ayobora abafana b’iyi kipe ku rwego rw’Igihugu.

Makuta Robert wari umubitsi w’ikipe, yashinzwe ibijyanye n’Ububikoshingiro bw’ikipe [Databases].

Hemejwe kandi amategeko mashya yatanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere [RGB] agenga Imiryango Idaharanira inyungu. Ni umuhango wabereye imbere ya Noteri.

Mu bijyanye no kwemeza Ingengo y’Imari y’iyi kipe yo ku Mumena, hemejwe ko izakoresha Miliyari 1.250 Frw mu mwaka utaha w’imikino 2026-27.

Uretse iyi ngengo y’Imari, hanujujwe inzego zitari zuzuye, abari batakiri mu nshingano basimbuzwa abandi.

Urucaca ubu ruri ku mwanya wa Gatandatu n’amanota 44 mu gihe kuri uyu wa kabiri haraba hakinwa imikino y’umunsi wa 30 wa BK Pro League, aho iyi kipe iza gusura Amagaju FC kuri Stade Kamen Saa Cyenda z’Igicamunsi.

Manirarora Elie yagizwe Umunyamabanga Mukuru wa Kiyovu Sports

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *