Bugesera: Ramjaane Joshua Foundation yatanze ubwisungane burenga 900

Abaturage 1000 bo mu Karere ka Bugesera mu Ntara y’i Burasirazuba, bahawe Ubwisungane mu Kwivuza na Ramjaane Foundation yashinzwe na Ramjaane Joshua.

Joshua wamenyekanye ubwo yari umunyarwenya mu Rwanda, yatanze Miliyoni 5 Frw yo kugurira abaturage 1000 Ubwisungane mu Kwivuza.

Aba baturage bahawe ubu Bwisungane, ni abo mu Mirenge ya Kamabuye na Ngeruka.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 17 Nyakanga 2026.

Ni umuhango warimo Ramjaane wari kumwe na Adam bavanye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, babanje guhugura abashinzwe Imbonezamirire mu miryango.

Nyuma y’igikorwa cyo guha aba baturage Ubwisungane mu Kwivuza, habaye Irushanwa rya Ruhago ryari rigamije kurwanya Ibiyobyabwenge.

Ryabereye ku kibuga cya GS Nyakayaga cyo mu Murenge wa Kamabuye, rihuza Umurenge wa Kamabuye wari uhagarariwe n’Akagari ka Kampeka n’uwa Ngeruka wari uhagarariwe n’Akagari ka Murama.

Ramjaane Joshua Niyoyita, yakiniye ikipe yari ihagarariye Akagari ka Murama yo mu Murenge wa Ngeruka mu gihe Adam yakiniye iy’Akagari ka Kampeka mu Murenge wa Kamabuye.

Iminota 90 yarangiye amakipe yombi agabanye amanota ku bitego 2-2 ariko Kamabuye yegukana intsinzi kuri penaliti 3-1.

Nyuma y’iri rushanwa, ikipe ya mbere yahembwe ibihumbi 100 Frw mu gihe iya kabiri yahembwe ibihumbi 50 Frw.

Buri Murenge wahawe Ubwisungane mu Kwivuza ku Bantu 500 bungana na Miliyoni 2.5 Frw.

Buri Murenge wahawe Ubwisungane 500
Buri Murenge wahawe Miliyoni 2.5 Frw
Ikipe y’Akagari ka Murama
Ikipe y’Akagari ka Kampeka
Ubwo Adam na Ramjaane batangizaga irushanwa
Ramjaane yagaragaje ko azi gucunga ruhago
Adam yishimiye guconga ruhago
Nyuma y’umukino, habaye ibiganiro
Umunyamakuru, Uwihanganye Fuade (uri hagati), yifatanyije na Ramjaane na Adam
Penaliti zafashwe
Ibyishimo by’Igikombe
Iya mbere yahembwe ibihumbi 100 Frw
Muyoboke Alex yari mu baje gushyigikira Ramjaane
Umurenge wa Kamabuye ni wo wegukanye igikombe
Abafashamirire bahuguwe
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera bishimiye ubufasha bahawe
Bashimiye Ramjaane Foundation
Arnaud Ntamvutsa ukuriye Ramjaane Foundation mu Rwanda
Adam na Ramjaane bishimiye ibihe bagiriye mu Karere ka Bugesera
Ukuriye Ubuzima mu Murenge wa Ngeruka yashimye cyane Ramjaane Foundation ku bikorwa ikorera mu Mirenge ya Ngeruka na Kamabuye
Adam wazanye na Ramjaane
Ramjaane Joshua watanze Ubwisungane mu Kwivuza
Irushanwa ryarimo guhatana
Bigaragaje karahava


UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *