Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, haramutse imirwano ikomeye hagati y’umutwe wa M23 n’ingabo za Leta ya Congo zifatanyije na Wazalendo n’ingabo z’u Burundi mu duce twegereye Rubaya, muri teritwari ya Masisi.
Ni imirwano iri kubera mu duce twa Kinigi na Kavuta, duherereye nko muri kilometero 30 mu burengerazuba bwa santere ya Rubaya, izwi cyane kubera ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro menshi arimo coltan.
Indi mirwano iravugwa kandi kuri axe ya Gashovu-Mahiga-Nzingati-Mayuwano.
Ni imirwano ije yiyongera ku yari imaze igihe gisaga icyumweru, aho buri ruhande rugerageza gusunikira kure urundi.
Amakuru avuga ko FARDC na Wazalendo ubu bagenzura gurupoma za Kibabi II, Nyamaboko II, Ufamando, Kambule, Lwindi na Nyalipe.
Baragenzura kandi ibice bine muri bitandatu bigize gurupoma ya Mufunyi-Kibabi, ari byo Karoba, Bukumbiriri, Muho na Lutingita.
Umwe mu batuye muri ibyo bice yabwiye BBC ko abantu ibihumbi bamaze guhunga utwo duce, kandi ko biteze ko n’abandi benshi bakomeza guhunga uyu munsi.
Ku wa Kane, Safari Makuza, umuyobozi muri AFC/M23 ushinzwe gukangurira abantu kwinjira muri uwo mutwe muri Masisi, yageze i Kanyaru ahumuriza abaturage bahahungiye baturutse i Kinigi na Katoyi.
Muri iki cyumweru amakuru amwe yavuze ko ingabo za leta na Wazalendo bakuye abarwanyi ba M23 mu gace ka Kinigi, ariko nta ruhande na rumwe muri izi rwabyemeje.
Imirwano irimo gukoresha indege z’intambara na drones, ikomeje kuvugwa hagati y’impande zombi mu duce dutandukanye two mu ntara za Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo.
M23 ishinja Leta ya Congo kwirengagiza amasezerano y’amahoro bagiranye no gukomeza gutoteza abavuga Ikinyarwanda muri icyo gihugu.
UMUSEKE.RW
