Umuyobozi mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (OMS/WHO) yatangaje amakuru mashya ateye inkeke ku cyorezo gishya cya Ebola, gikomeje kugarika ingogo mu Burasirazuba bwa Congo.
Imibare mishya yatangajwe kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Gicurasi 2026, igenzura rimaze gukorwa ku ndwara ya Ebola, Umuyobozi Mukuru wa OMS, Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus yavuze ko muri Congo ibyago biri hejuru cyane, mu karere ka Africa igihugu cya Congo kirimo bikaba biri hajuru, naho ku rwego rw’Isi ibyago kuri iyi ndwara biri hasi.
Yagaragaje ko isuzuma kuri Ebola rigaragaza ko abantu 82 banduye icyo cyorezo abagera kuri 7 bapfuye basuzumwemo Ebola.
Imibare y’abantu bose bikekwa ko banduye Ebola iregera 750, aho kugeza ubu abantu 177 muri bo bapfuye bigakekwa ko bishwe na Ebola.
Umuryango waOMS wemeje kandi ko Umunyamerika ukorera muri DRC yapimwemo Ebola ajyanwa kuvurwa mu Budage.
Umunyamerika wa kabiri na we bikekwa ko yaba yaragize ibyago byo guhura n’abarwayi ba Ebola we yajyanywe kuvurirwa muri Repubulika ya Czech.
Muri Uganda, ibintu amakuru meza ni uko nta bwandu bushya bw’icyorezo bwagaragaye, OMS ivuga ko hari abantu babiri bari bavuye muri Congo bajya muri Uganda bafite Ebola, umwe akaba yarapfuye.
OMS ivuga ko kubera umutekano muke mu Ntara ya Ituri, n’intambara kandi ariho zingiro ry’icyorezo, yahongereye abakozi bayo, kandi ikorana inama n’abayobozi kugira ngo basangire amakuru ahari.
Ebola yadutse muri Congo ni iyo mu bwoko bwa Bundibugyo ku bw’amahirwe ni yo yica bakeya mu bantu yafashe, ariko ntigira urukingo.
BBC ivuga ko impuguke zo muri Kaminuza ya Oxford yo mu Bwongereza zirimo gukora urushinge rushya rwahangana n’iyi ndwara ariko rukaba rukiri ku cyiciro cyo hasi cyane ku buryo ruzageragezwa mu mezi atatu ari imbere.
BBC inavuga ko hari irindi gerageza ry’urukingo rw’iyi Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo na rwo rushobora kuboneka mu mezi atandatu cyangwa icyenda ari imbere kugira ngo rube rwageragezwa.
Dr Vasee Moorthy, umujyana wa OMS/WHO mu by’ubushakashatsi n’iterambere, avuga ko urukiko rurimo gukorwa rutanga icyizere.
Yavuze ko rushobora kuba rufite ubushobozi nk’ubw’urukingo rwa Ervebo, rwo rwakoreshejwe ku bundi bwoko bwa Ebola busanzwe nk’iyitwa Zaire.
UMUSEKE.RW
