Perezida Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma

Perezida wa Repulika Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Kemena  Perezida Kagame yashyize abayobozi batandukanye mu myanya.

Itangazo ryavuye mu biro bya Minisitiri w’Intebe rivuga ko “ Ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, cyane cyane mu ngingo zaryo, iya 111, iya 112, n’iya 116 yashyize mu myanya abayobozi batandukanye.

Perezida wa Repubulika yashyizeho abayobozi bashya barimo Eng Murwanashyaka Damien wagizwe  Minisitiri w’Ibikorwa Remezo asimbuye Dr. Jimmy Gasore.  Ni mu gihe  Armand na Col. Bizimungu Claudien bagizwe abanyamabanga ba leta muri iyo Minisiteri.

Perezida Kagame kandi yagize Madamu Uwizeye Judith, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo , asimbuye Amb Christine Nkulikiyinka.

Ni mu gihe Kajangwe Antoine Marie yagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda  asimbuye Sebahizi Prudence.Naho  Tuyishimire Chantal agirwa  Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri.

Mu bandi bashyizwe mu myanya barimo  Lt Gen (Rtd) Karenzi Karake yagizwe  Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa.

Ni mu gihe  Maj Gen Bayingana Emmanuel yagizwe  Ambasaderi w’u Rwanda muri Israel .

Col (Rtd) Ruhunga Jeannot wigeze kuyobora  Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha,RIB yagizwe Ambasaderi wa Repubulika y’u Rwanda muri Pologne.

Amb. Nkulikiyinka Christine wari Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umumurimo  yagizwe Ambasaderi wa Repubulika y’u Rwanda mu Bwami bwa Esipanye.

Perezida Kagame yashyize mu myanya kandi Kanyonga Louise aho yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Zigama CSS.  Byilingiro Maximilien we  yahawe kuba  Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ingufu (REG).

Madamu Umurungi Michelle yagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije unashinzwe Ishoramari mu Rwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB)

Kajangwe yagizwe MInisitiri w’Ubucuruzi n’inganda
Eng Murwanashyaka Damien yagizwe Minisitiri w’ibikorwaremezo
Uwizeye Judith yagizwe Minisitiri w’abakozi ba leta n’umurimo

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *