Rayon Sports yongeye guha ibyishimo Aba-Rayons

Nyuma yo gutsinda Al-Hilal SC igitego 1-0 mu mukino usoza iy’amatsinda ya CECAFA Kagame Cup 2026, Murera yakatishije itike ya 1/2, iha ibyishimo abakunzi bayo.

Uyu mukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu, Saa Moya z’ijoro muri Stade Amahoro mu gihe kuri Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo, haberaga undi wo muri iri tsinda.

Rayon Sports yari ikeneye inota rimwe gusa kugira ngo ibashe gukatisha itike ya 1/2, yabonye igitego hakiri kare ku munota wa 17.

Atisso Kodjo wari watsindiye Murera igitego ubwo yatsindaga Tusker FC igitego 1-0, ni we wongeye guhagurutsa Aba-Rayons ku mupira mwiza yari ahawe na Nshimiyimana Emmanuel ‘Kabange.’

Iyi kipe ikunzwe na benshi mu Rwanda, yakomeje kugicunga ari nako ishaka ikindi ariko Abanya-Sudani bakomeza kuba beza mu bwugarizi.

Al-Hilal SC isanzwe ari ikipe nini ku Mugabane wa Afurika, ntabwo yorohewe n’uyu mukino kugeza ubwo iminota 90 y’umukino yarangiye intsinzi itashye mu Nzove ku gitego 1-0.

Murera yahise ikatisha itike ya 1/2 n’amanota icyenda yuzuye mu mikino itatu, mu gihe yazamukanye na Al-Hilal SC ifite atandatu n’ibitego bitanu izigamye.

Undi mukino wo muri iri tsinda wabaye, ni uwahuje Tusker FC yatsinze KVZ FC ibitego 2-0. Andi makipe yageze muri 1/2, ni Jamus FC yo muri Sudani y’Epfo na Gor Mahia yo muri Kenya.

Atisso Kodjo yongeye guha ibyishimo Aba-Rayons
Ibyishimo byo byari byinshi
Al-Hilal SC yagowe n’uyu mukino
Al-Hilal SC ntabwo yari mu bihe byayo byiza
Ferdinand na bagenzi be bari mu byishimo bidasanzwe
Aba-Rayons bongeye gutahana ibyishimo
N’aba ya-Sudani bari baje gushyigikira ikipe yabo
Tusker FC yatahanye amanota atatu
KVZ FC yatsinzwe imikino yose
Tusker FC na KVZ FC zakiniye kuri Kigali Pelé Stadium

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *