Ruhango: Hatashywe ibikorwa remezo birimo n’ibyubatswe n’Ingabo na Polisi

Hatashywe umuhanda urimo kaburimbo

Abaturage bafatanyije n’ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango, Ingabo z’igihugu na Polisi batashye ibikorwaremezo byubakiwe abaturage.

Mu kwizihiza umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 32 ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango bwatashye ibikorwa remezo birimo umuhanda wa kirometero eshanu urimo kaburimbo.

Mu bindi byatashwe harimo ikibuga kizajya gikorerwaho ibizamini byo kubona impushya, zo gutwara ibinyabiziga, inyubako yubatswe n’abikorera, imiyoboro y’amazi, n’ibyumba by’amashuri.

By’umwihariko hanatashywe ibiraro bibiri byubatswe n’Ingabo z’igihugu, RDF na Polisi.

Umuyobozi w’akarere ka Ruhango Valens Habarurema avuga ko ibyatashywe byose babikesha imiyoborere myiza y’igihugu kiyobowe na Perezida Paul Kagame.

Yagize ati “Ibyo tubona byose tubikesha Nyakubahwa Perezida wa Repubulika w’u Rwanda Paul Kagame.”

Ubuyobozi n’abaturage bashimiye ubutwari bwaranze Inkotanyi zigaharika jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, zikagarura amahoro mu gihugu, kandi n’iterambere rikaza.

Bityo byose ngo bigomba gusigasirwa by’umwihariko ‘umuturage agashyirwa ku isonga”.

Inzu yubatswe n’abikorera bo mu Ruhango
Ikibuga cyo kwigiraho gutwara ibinyabiziga
Ababaye abambere mu gusiganwa ku maguru no ku igare bahawe ibihembo

Theogene NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW/Ruhango

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *