Icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo gikomeje gukaza umurego muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho abamaze guhitanwa na cyo bageze ku 2,325, mu gihe abanduye bose ari 4,945. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima rivuga ko ubu buri minota 30 Ebola yica umuntu.
Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima muri RDC igaragaza ko kugeza ku wa 15 Kanama 2026, iki cyorezo cyari kimaze kugera mu bice 55 by’ubuzima byo mu ntara eseshatu, ari zo Bas-Uélé Ituri, Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo, Haut-Uélé na Tshopo.
Intara ya Ituri ni yo yibasiwe cyane n’iki cyorezo, kuko ari yo ibarizwamo hafi 90% by’abanduye bose.
Kuva hagati muri Gicurasi 2026, mu bantu 4,945 bamaze kwandura Ebola, 2,325 barapfuye, mu gihe abandi 730 bakiri mu kato cyangwa barimo kuvurirwa mu bitaro. Ibi bivuze ko hafi 47% by’abanduye bose bamaze guhitanwa na yo.
Inzego z’ubuzima zivuga ko kugeza ubu zishoboye gukurikirana 85.3% by’abantu bakekwaho kuba barahuye n’abanduye, mu rwego rwo kumenya abo bashobora kuba baranduje no gukumira ikomeza gukwirakwira kwa Ebola.
Abashinzwe guhangana n’iki cyorezo bavuga ko umutekano muke mu bice bimwe, ubuke bw’abaganga n’ibikoresho, ndetse n’imyumvire ya bamwe mu baturage bikomeje kubangamira ibikorwa byo kukirwanya.
Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo yagaragaye muri RDC muri Gicurasi 2026, gusa inzego z’ubuzima zikeka ko yari imaze igihe iri mu baturage, kuko zemeza ko ishobora kuba yarahageze kuva muri Gashyantare 2026.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) riherutse kugaragaza impungenge ko iki cyorezo cya Ebola cyibasiye Congo ku nshuro ya 17 gishobora kuba mu bikomeye igihugu cyigeze guhura na byo.
Imibare igaragaza ko icyorezo cya Ebola cyabaye mu Burengerazuba bwa Afurika hagati ya 2014 na 2016 ari cyo cyonyine cyageze ku mubare w’abahitanywe na cyo uruta uw’iki gihe.
Muri icyo gihe, icyorezo cyibasiye Guinea, Liberia na Sierra Leone, abantu 28,616 barandura, naho 11,310 barapfa. Byatwaye hafi amezi atanu kuva cyatangazwa kugira ngo umubare w’abahitanywe na cyo ugere ku 1,000.
Muri RDC, abamaze guhitanwa n’icyorezo cy’ubu barenze 2,300 mu gihe kitarenze amezi atatu, bikaba bigaragaza umuvuduko ukabije iki cyorezo kiri gukwirakwizwaho.
Mu cyorezo cya Ebola cyabereye muri RDC hagati ya 2018 na 2020, byatwaye amezi arenga 12 kugira ngo umubare w’abahitanywe na cyo ugere ku 2,000.
MUGIRANEZA THIERRY/UMUSEKE.RW
