Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda yatangaje ko iki gihugu cyamaze gutsinda icyorezo cya Ebola cyo mu bwoko bwa Bundibugyo nyuma y’iminsi 42 nta murwayi mushya ugaragaye.
Mu itangazo yasohoye, yavuze ko icyorezo cya Ebola cyo mu bwoko bwa Bundibugyo cyagaragaye hagati muri Gicurasi 2026, cyanduwe n’abantu 20, kikica babiri. Abo bombi bari abaturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Minisitiri w’Ubuzima wa Uganda, Chris Baryomunsi, yavuze ko icyemezo cyo gutangaza ko igihugu cyatsinze Ebola cyafashwe nyuma y’uko umurwayi wa nyuma asezerewe mu bitaro ku wa 22 Kamena 2026, hakarangira iminsi 42 nta wundi murwayi ubonetse.
Minisiteri y’Ubuzima ya Uganda yanditse no ku rubuga rwa X ko iki cyorezo cyari gitandukanye n’ibyabanje, kuko cyakomotse ku murwayi wari wazanye virusi avuye mu kindi gihugu. Yavuze ko ibyo byafashije inzego z’ubuzima gukurikirana inkomoko yacyo no kugikumira hakiri kare.
Mu gihe Uganda yishimira gutsinda Ebola, muri RDC ho iki cyorezo gikomeje gufata indi ntera.
Imibare iheruka igaragaza ko abantu barenga 4,000 bamaze kwandura Ebola, mu gihe abasaga 1,400 bamaze guhitanwa na yo.
Hari impungenge ko iki cyorezo gishobora kuba kimwe mu bikomeye RDC imaze guhura na byo, kuko mu minsi 10 gusa hapfuye abantu barenga 500, bigaragaza ko umuvuduko w’ikwirakwira ryacyo ukomeje kwiyongera.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) riherutse gutangaza ko ryatangiye igeragezwa rya mbere ry’umuti ugamije kurwanya virusi ya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo, hagamijwe kureba niba wafasha gukumira ubwandu no kugabanya ubukana bw’iki cyorezo gikomeje kwibasira RDC.
MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW
