Colonel wa FARDC yatumijwe i Kinshasa aho kwitaba arirasa

Col. Makelele yatinye kwitaba i Kinshasa

Umusirikare ufite ipeti rya Colonel mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), nyuma yo gutumizwa i Kinshasa, yagerageje kwiyahura yirashe, ariko ku bw’amahirwe ntiyapfa.

Ahagana saa kumi n’imwe n’igice z’umugoroba wo ku wa 9 Kamena, ni bwo Colonel Makelele yagerageje kwiyambura ubuzima.

Uyu musirikare, usanzwe ari umuyobozi w’Ingabo za Leta ya Congo zikorera muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, yirashe mu muhogo akoresheje imbunda ye, ariko ntiyapfa.

Nk’uko amakuru aturuka i Fizi abitangaza, ibi byabereye muri Hoteli Musambya yo mu gace ka Mushimbya II, mu majyepfo y’Umujyi wa Baraka.

Nyuma yo kwirasa agakomereka bikabije mu muhogo no mu kanwa, Col. Makelele yihutanywe mu Bitaro bikuru bya Baraka, aho akomeje kwitabwaho n’abaganga.

Amakuru aturuka aho byabereye avuga ko uyu musirikare mukuru yari yatumijwe i Kinshasa kugira ngo abazwe ku byaha akekwaho.

Ni ibyaha birimo guha amakuru umwanzi, kunyereza amafaranga y’ibiryo by’abasirikare, kutubahiriza amabwiriza y’abamukuriye, ndetse no kugirana ubucuruzi n’abashoramari b’Abashinwa.

Col. Makelele we avuga ko ikibazo nyamukuru cyaturutse ku kutumvikana kwabaye hagati ye n’umuyobozi w’Intara ya gisirikare ku nyungu zikomoka ku bikorwa by’abashoramari b’Abashinwa.

Abasirikare ba FARDC bakorera mu Ntara za Kivu zombi basigaye batinya kwitaba i Kinshasa, kuko iyo bagezeyo bashinjwa gukorana na AFC/M23 bagafungwa, kabone n’iyo baba babeshyerwa.

Col Makelele yirashe ntiyapfa

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *