Niyonkuru Florence yegukanye umwanya wa Gatatu mu mikino ihuza Ibihugu bivuga icyongereza izwi nka ‘Commonwealth’ iri kubera i Glasgow muri Écosse.
Iyi nkuru yabaye kimomo ku wa 27 Nyakanga 2026 ubwo uyu mukobwa yari yasiganwe ku maguru ku ntera ya metero 10.000.
Florence usanzwe usiganwa ku maguru, yegukanye umudari w’Umuringa, nyuma yo kuba uwa gatatu muri iyi mikino ya Commonwealth iri kubera i Glasgow muri Écosse.
Wabaye umudari wa mbere u Rwanda rubonye muri iyi mikino rwawukuye mu cyiciro cyo gusiganwa mu ntera ya metero 10.000 mu bagore, aho Niyonkuru yakoresheje iminota 31, amasegonda 55 n’ibyijana 47.
Umunya-Australie, Rose Davies ni we wabaye uwa mbere muri iki Cyiciro nyuma yo gukoresha iminota 31, amasedonda 39 n’iby’ijana 32.
Wanza Diana ukomoka muri Kenya, ni we wabaye uwa kabiri nyuma yo gukoresha iminota 31, amasegonda 50 n’iby’ijana 13.
Florence yegukanye uyu mudari, nyuma yo kwegukana isiganwa rya Kigali Half Marathon 2025 riheruka kubera i Kigali no kwegukana umudari w’umwanya wa Kabiri muri Shampiyona Nyafurika iheruka kubera i Accra muri Ghana.



UMUSEKE.RW
