Umusizi Murekatete yatangaje ko agiye gusohora igisigo yise ‘Nibagwire’ kizaba cyitsa ku rugendo rwo kurambagizanya hagati y’inkumi n’abasore.
Murekatete asobanura ko urugendo rwo kurambagizanya ku basore n’inkumi bigamije kumenyana no kugera ku cyemezo cyo kubana ni rwo rwabaye imbarutso y’icyo gisigo.
Muri iki gisigo, Murekatete avuga ko kubona urukundo nyarwo hagati y’umusore n’umukobwa ari urugendo umuntu atangira atazi igihe n’aho azahurira n’uwo bazakundana.
Avuga ko muri urwo rugendo hari abahura n’urukundo nyarwo ariko hari n’abandi bahura n’ibigeragezo, gutenguhwa cyangwa gutandukana, ku buryo batagera ku ntego batangiranye urukundo rugitoshye.
Ati “Igisigo ‘NIBAGWIRE’ ni isengesho risabira abakunda,ni icyifuzo cyo kubasabira kudahera nzira, ahubwo bakagera ku ntego y’urukundo nyarwo, bikaba ariko kugwira nyako.”
Umusi Murekatete yamenyekanye mu bisigo birimo ‘Icyanditswe’, ‘Arubatse’, ‘Kanama k’Imyaka’ n’ibindi.

