Volleyball: APR WVC yacyuye abantu kare muri “Petit Stade”

Yanditswe na HABIMANA Sadi

Mu mikino ya nyuma ya kamarampaka izatanga amakipe azegukana igikombe cya shampiyona muri Volleyball uyu mwaka, ikipe ya APR Women Volleyball Club, yatsinze Police Women Volleyball Club amaseti 3-0 mu mukino warimo ishyaka ryinshi.

Ku wa Gatanu tariki ya 2 Gicurasi 2025 guhera Saa Kumi n’Ebyiri z’Umugoroba muri Petit Stade, ni bwo hatangiye imikino ya kamarampaka (Play-offs) mu bagore. Abahatanira umwanya wa Gatatu, ni bo babanje gukina.

Mu guhatanira umwanya wa Gatatu mu Bagore, Kepler WVC, yatangiye neza itsinda RRA WVC amaseti 3-1. Iseti ya mbere yayitsinze ku manota 25-15, iya Kabiri RRA iragaruka iyitsinda kuri 25-18, iya Gatatu n’iya kane abakobwa ba Kepler bazitsinda ku manota 25-21 na 25-21.

Hahise hakurikiraho umukino wundi wari uhanzwe amaso n’abakunzi b’umukino wa Volleyball mu Rwanda, cyane ko unamazed kongera abakunzi bitewe n’urwego uyu mukino usigaye uriho.

Ikipe ya APR WVC na Police WVC, ubusanzwe zisanzwe ari zo kipe ziyoboye izindi mu cyiciro cy’Abagore muri uyu mukino mu Rwanda. Uretse ibyo kandi, ni n’umukino uba urimo ihangana ridasanzwe mu bakinnyi bitewe n’uko zombi zihurira ku kuba zishamikiye ku bashinzwe Umutekano w’Igihugu.

Abakobwa batozwa ba Peter Kamasa, baje muri uyu mukino bafite imbaraga zidasanzwe ku buryo batatindije abaje kureba uyu mukino. Batsinze ab’i Kinyinya amaseti 3-0 yihuse, batera intambwe nziza muri uyu mukino wa mbere muri itatu izakinwa.

Iseti ya mbere bayitsinze ku manota 25-23, iya Kabiri bayitsinda ku manota 26-24 mu gihe iya Gatatu bayitsinze ku manota 25-20. Abarebye uyu mukino batunguwe n’ibyavuyemo, cyane ko Police WVC yagaragaje urwego rwo hejuru muri iyi shampiyona mbere y’uko bagera mu mikino ya kamarampaka ariko kandi hakiyongeraho abakinnyi beza yaguze.

Ikipe izatsinda imikino ibiri muri itatu bazakina, izahita yegukana igikombe cya shampiyona, mu gihe mu bahatanira umwanya wa Gatatu na bo izatsinda indi imikino ibiri muri itatu, ari yo izaba yegukanye uwo mwanya.

APR WVC yatangiye neza
Police WVC yagize umugoroba itazibagirwa
Abakobwa ba APR WVC, bari hejuru muri uyu mukino
Abakunzi ba Police WVC nta bwo bayitengushye
Uba ari n’umwanya mwiza wo kuruhura mu mutwe
Umukino wa Kepler WVC na RRA WVC na wo wari ku rwego rwo hejuru
Ab’i Kinyinya bishimiye intsinzi ya mbere ibaganisha ku kubona umwanya wa Gatatu
Police WVC yagowe b’umukino wa mbere wa nyuma wa Kamarampaka
Inkumi zitozwa ka Peter Kamasa, nta bwo zatindije abantu muri “Petit Stade”
Ni umukino APR WVC yagaragaje ko igihari
Vava ni umwe mu beza ba APR WVC
Ubuyobozi bwa FRVB, buba bwaje gushyigikira aba bakinnyi
Habanza gufarwa wo Kwibuka mu gihe u Rwanda rukiri mu minsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Umutoza mukuru wa APR WVC, Peter Kamasa ni umwe mu beza uyu mukino ufite mu Rwanda
Umuyobozi wa Kaminuza ya Kepler, ntajya abura kuri Stade
Ubwo umutoza n’abakinnyi ba Kepler WVC bishimiraga intsinzi bakuye kuri RRA WVC
Volleyball y’u Rwanda ikomeje kuryohera abayikunda

Abafana ba Kepler WVC baba baje kuyishyigikira

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi