Chelsea yirukanye Liam Rosenior

Nyuma y’umusaruro nkene ukomeje kugaragara muri Chelsea, ubuyobozi bw’iyi kipe bwirukanye umwongereza wayitozaga, Liam Rosenior, bumusimbuza Calum McFarlane wari umutoza mukuru wa Chelsea y’abatarengeje imyaka 21.

Ni icyemezo cyafashwe na Chelsea ku mugoroba wo ku wa 22 Mata 2026, biciye mu Itangazo iyi kipe yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo.

Ni Itangazo rigira riti “Uyu munsi Chelsea FC yatandukanye na Liam Rosenior wari umutoza mukuru. Mu izina rya buri wese uri muri Chelsea we n’abungiriza be tubashimiye imbaraga zabo bashyize muri Chelsea.”

“Liam yakoze uko ashoboye kose kuva yagera muri Chelsea, agaragaza ubunyamwuga kuva yakwemezwa muri ½ cya shampiyona. Uyu si umwanzuro ikipe yafashe byoroshye, ahubwo ni amanota n’umusaruro byamanutse kandi hari byinshi byo gukora muri uyu mwaka. Buri wese aramwifuriza ibihe byiza.”

Iyi kipe yongeyeho ko yafashe uyu mwanzuro kugira ngo hashakwe icyatuma iguma mu makipe yabona itike yo kuzakina amarushanwa y’i Burayi, ndetse no guhatana muri FA Cup.

Nyuma yo gutandukana na Liam, yahise imusimbuza Calum McFarlane uzasozanya nayo uyu mwaka w’imikino.

Rosenior w’imyaka 41 yageze muri Chelsea nyuma yo gusimbura Enzo Maresca.

Akihagera ubwo yari avuye muri RC Strasbourg yo mu Bufaransa, yitwaye neza mu minshi ya mbere ndetse atsinda imikino itandatu muri irindwi ya mbere, ariko imikino iheruka ntibyamugendekete neza kuko mu mikino umunani iheruka yatsinzwemo irindwi, atsinda umwe.

Mu mikino itandatu ya Shampiyona y’u Bwongereza Chelsea iheruka gukina, nta gitego irinjiza mu gihe yo yinjijwe 11.

Liam Rosenior ntakiri umutoza wa Chelsea
Chelsea yemeje ko Calum McFarlane ari we uzayitoza kugeza uyu mwaka w’imikino urangiye

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *