Umunya-Kenya yakoze amateka mu Bwongereza

Umunya-Kenya, Sabastian Sawe yaciye agahigo ko kuba umuntu wa mbere ukoresheje igihe kiri munsi y’amasaha abiri muri Marathon y’i Londres mu gihugu cy’u Bwongereza.

Ibi yabikoze ku Cyumweru, tariki ya 26 Mata 2026, ubwo yari yitabiriye irushanwa rya London Marathon, rimwe mu masiganwa yo ku maguru akomeye ku Isi.

Ni nyuma y’uko yegukanye umudahari wa Zahabu akoresheje isaha imwe n’iminota 59 n’amasegonda 30 mu gusiganwa Ibilometero 42.

Abarenga ibihumbi 59, ni bo bitabiriye iri siganwa ryarimo n’ibyamamare birimo Sebastian Vettel usiganwa muri Formula 1, Samantha Spiro uri mu bakinnyi bakomeye ba filime n’abandi.

Ni isiganwa ryakinwaga ku nshuro ya 46, abakinnyi bakoze ibilometero 42,2, harimo abasiganwa babigize umwuga ndetse n’abandi basiganwa mu buryo bwo kwishimisha.

Mu bakinnyi bitwaye neza kuri uyu munsi harimo Sebastian Sawe wo muri Kenya wakoresheje isaha imwe, iminota 59 n’amasegonda 30, akurikirwa na Yomif Kejelcha wo muri Ethiopia wakoresheje isaha imwe, iminota 59 n’amasegonda 41. Uwa gatatu ni Umunya-Uganda, Jacob Kiplimo, wakoresheje amasaha abiri n’amasegonda 28.

Uyu Munya-Kenya wari wanaryegukanye mu 2025, ni we wari unafite agahigo ko kwegukana iri siganwa mu gihe gito.

Sebastien Sawe yashyizeho agahigo muri London Marathon

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *