Police VC yakoreye amateka muri BK Arena

Nyuma yo gutsinda REG VC amaseti 3-1 muri ½ cy’Irushanwa Nyafurika ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo [CAVB Men’s Club Championship 2026], Police VC yakoze amateka yo kuba ikipe ya mbere ihagarariye u Rwanda igeze ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa.

Umukino wa ½ wahuje aya makipe yari ahagarariye u Rwanda, wabereye muri BK Arena mu ijoro ryo kuri wa gatanu.

Police VC yatangiye neza ndetse yegukana iseti ya mbere ku manota 25-20 ariko REG VC iragaruka itsinda iya kabiri ku manota 25-22.

Ikipe y’Igipolisi yagarutse yegukana iseti ya gatatu n’iyi kane ku manota 25-17 na 25-21.

Police VC yahise igera ku mukino wa nyuma w’irushanwa Nyafurika ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo [CAVB Men’s Club Championship 2026] nyuma yo gutsinda REG VC amaseti 3-1 mu mukino wa ½.

Iyi kipe y’Igipolisi izahura na Al Ahly VC yatsinze Petrojet VC y’iwabo mu Misiri.

Yahise iba ikipe ikoze aka gahigo ya mbere mu Rwanda mu zikina umukino wa Volleyball.

Madison ni umwe mu bafasha Police VC gukora amanota menshi
Police VC yakoze amateka yo kuba ikipe ya mbere ihagarariye u Rwanda igeze ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa
Chief Superintendent of Police, Jackline Urujeni yari anezerewe cyane ku bw’abahungu be
Umunyamabanga Mukuru muri Minisiteri ya Siporo, Candy Basomingera ni umuhamya w’ibyabaye
Ntabwo wabaye umugoroba mwiza kuri REG VC
Abafana bo bakomeje kuryoherwa
N’abana baza gushaka ibyishimo muri BK Arena
Ni ahantu ho gusohokera
Abahaje bataha bishimye

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *