Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League nyuma yo kunganya na Bayern Munich yo mu Budage igitego 1-1 mu mukino wa ½ wo kwishyura.
Umukino wa ½ wo kwishyura muri irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane w’i Burayi [UEFA Champions League], wabaye ku wa Gatatu, tariki ya 6 Gicurasi 2026.
Ku munota wa gatatu w’umukino, Ousmane Dembélé yari atsindiye Paris Saint-Germain igitego cya mbere ku mupira wari utanzwe na Khvicha Kvaratskhelia, maze abafana bayo bigana ibicu.
Bayern Munich yari yongeye gushyirwa mu yindi mibare, yagerageje gusatira cyane biciye ku bakinnyi bayo barimo Michael Olise na Luis Díaz ariko ba myugariro ba PSG bakomeza kuba beza.
Iminota 45 yarangiye Abafaransa bari imbere n’igitego 1-0, byakomezaga kubashyira mu mibare myiza igana ku mukino wa nyuma.
Mu gice cya kabiri, abasore ba Luis Enrique bagarutse bakomereza aho bari bagejeje bongera gusunika, bisaba umunota wa 90+4 aba Vicent Kompany kubona igitego cyo kwishyura cyatsinzwe na Harry Kane ariko nticyari gihagije.
Umukino warangiye intsinzi itashye mu Bufaransa ku giteranyo cy’ibitego 6-5 mu mikino, Paris Saint-Germain ihita isanga Arsenal ku mukino wa nyuma uzabera i Budapest muri Hongrie.
Arsenal na PSG, zombi ni amakipe afitanye imikoranire n’u Rwanda mu kurwamamaza biciye muri Visit Rwanda.
Iyi kipe yabaye indi yabashije kwegukana UEFA Champions League, ku mwaka ukurikiyeho igahita yongera kugera ku mukino wa nyuma.
Ibi byaherukaga gukorwa na Real Madrid ubwo yacyegukanaga mu 2016-2017 mu 2017-18 igahita yongera kugera ku mukino wa nyuma.
Kuva mu 1999-2000, ntabwo Bayern Munich iratsindwa umukino ubanza wa ½ muri iri rushanwa, ngo ibashe gukomeza isezereye iyo byabaga byahuye.











UMUSEKE.RW
