Perezida Salva Kiir yakoze impinduka muri Guverinoma

Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo, ku wa Gatatu tariki ya 6 Gicurasi 2026, yatangaje impinduka zikomeye muri guverinoma, aho yirukanye Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi ndetse n’Umugaba Mukuru w’Ingabo.

Itangazo ryasomwe kuri televiziyo y’igihugu rivuga ko  Perezida Kiir yakuye Salvatore Garang Mabiordit ku mwanya wa Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, nyuma y’amezi atatu gusa awugiyeho, amusimbuza Kuol Daniel Ayulo.

Izi mpinduka muri iyi Minisiteri zije mu gihe igihugu cyugarijwe n’ibibazo by’ubukungu birimo izamuka rikabije ry’ibiciro  n’ihungabana ry’imari ya Leta, nubwo nta mpamvu   yatanzwe yatumye yirukanwa.

Perezida kandi yirukanye Gen. Paul Nang Majok ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sudani y’Epfo (SSPDF), ashyiraho Gen. Santino Deng Wol nk’umusimbura we.

Iki cyemezo kije gikurikira izindi mpinduka za hato na hato zimaze iminsi mu buyobozi bukuru bw’igisirikare, dore ko uyu mwanya wagiye uhindurwaho abantu kenshi mu mwaka ushize.

Kongera guhabwa inshingano kwa Gen. Santino Deng Wol bishobora gutuma amahanga n’imiryango itegamiye kuri Leta batangira gukurikiranira hafi iki cyemezo no gushyira igitutu kuri salva Kiir .

Kuva ku wa 1 Nyakanga 2015, uyu mujenerali ari ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye (UN Security Council), hashingiwe ku mwanzuro wa 2206 (2015).

Ibi bihano byaturutse ku ruhare ashinjwa kuba yaragize mu bikorwa byongereye ubukana bw’amakimbirane muri Sudani y’Epfo, bikabangamira n’ingamba zo gushaka ubwiyunge mu gihugu.

Izi mpinduka kandi zageze no mu zindi nzego , aho Clement Juma Mbugonvia yagizwe Minisitiri w’Ubuhinzi n’umutekano w’ibiribwa.

Ni mu gihe Mahjoub Biel Turuk, wahoze ari guverineri w’intara ya Jonglei yagizwe Minisitiri wungirije ushinzwe imirimo, abakozi ba leta n’Iterambere. Uyu akaba asimbuye kuri uyu nwanya Tabuley Daniel.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *