Kiyovu Sports yasuye Urwibutso rwa Kigali – AMAFOTO

Mu gihe u Rwanda n’Isi bakiri mu minsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, Umuryango Mugari wa Kiyovu Sports, wasuye Urwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi.

Ni igikorwa cyabaye ku wa mbere, tariki ya 11 Gicurasi 2026, kitabirwa na Perezida wa Kiyovu Sports, Nkurunziza David, Mufti w’u Rwanda, Sheikh Sindayigaya Mussa, Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda [FERWAFA], Shema Ngoga Fabrice, Umuyobozi Nshingwabikorwa wungirije w’Akarere ka Nyarugenge, Uwamahoro Genevieve, abakinnyi n’abanyamuryango b’iyi kipe ndetse n’abandi bifatanyije nabo.

Mu bandi bifatanyije n’Umuryango wa Kiyovu Sports, harimo abakunzi ba APR FC, aba Rayon Sports n’abandi.

Ubwo bageraga ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, babanje gusobanura amateka y’Abatutsi bahashyinguye maze batemberezwa ibice birugize.

Basoje iki gikorwa bashyira indabo ahashyinguye Abatutsi muri uru Rwibutso ndetse barabunamira mu rwego rwo kubaha agaciro.

Umuyobozi Nshingwabikorwa wungirije w’Akarere ka Nyarugenge, Uwamahoro Genevieve, yasabye abafana bose bari bahari ko urukundo bakunda amakipe yabo ari rwo bakwiye no gukunda Igihugu.

Ati “Iyo twibuka abari abakinnyi, tuba twibuka ibyo bifuzaga kugeraho batabashije kugeraho. Umupira w’amaguru ushobora gufatwa nk’imyidagaduro ariko ufasha mu gukira ibikomere kandi dufite inshingano zo kubaka igihugu gisigasira ubumwe bw’Abanyarwanda n‘amateka.”

“Bafana urukundo mukunda ikipe yanyu abe ari narwo mukunda igihugu cyacu. Kwibuka bidusaba kugira ubutwari bwo kurwanya abapfobya Jenoside n’abagoreka amateka yayo.”

Kiyovu Sports iri mu makipe yashegeshwe na Jenoside aho bamwe mu bakinnyi bayo yahitanye barimo Kagabo Innocent, Murenzi Innocent bitaga Gukuni, Rusha, Rudasingwa Martin na Kanyandekwe.

Abakinnyi n’abatoza ubwo bageraga ku Rwibutso rwa Kigali
Nana wabaye Umunyamabanga Mukuru wa Kiyovu Sports, yari muri uyu muhango
Ingimbi za Kiyovu Sports zatemberejwe ibice bigize uru Rwibutso
Abayobozi batandukanye bari muri uyu muhango
Mufti w’u Rwanda, Sheikh Sindayigaya Mussa
Abakozi batandukanye ba Kiyovu Sports bari muri uyu muhango
Perezida wa Kiyovu Sports, Nkurunziza David ubwo yashyiraga ibahasha yateguwe ahabugenewe
Rutahizamu, Sandjo yari kumwe na bagenzi be
Bunamiye Abatutsi bashyinguye kuri uru Rwibutso
Abato batembereye ibice bigize uru Rwibutso
Ndorimana Jean Francois Regis wayoboye Kiyovu Sports, yari kumwe n’abagiye muri uyu muhango
Rwanda Premier League yari ihagarariwe n’Umuyobozi Mukuru wayo, Jules Karangwa na FERWAFA yari ihagarariwe na Perezida wayo, Shema Ngoga Fabrice,
Abayobozi bagiye basoma amateka y’abashyinguye muri uru Rwibutso
Ni umuhango witabiriwe n’abatandukanye

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *