Kabuga Félicien wavuzwe cyane muri Jenoside yakorewe Abatutsi ku kuyibera umuterankunga, yapfuye azize uburwayi.
Urwego rwashyiriweho kurangiza imanza zasizwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa Arusha, IRMCT ruvuga ko Kabuga yapfiriye kwa muganga ku murwa mukuru w’Ubuholandi, La Haye/The Hague.
Urubanza rwa Kabuga rwahagaritse rutabaye kubera ko byagaragaye ko afite indwara itamwemerera kuburana, akaba aregwa ibyaha birimo icya Jenoside, Ubwinjiracyaha mu gukora Jenoside, Gushishikariza gukora Jenoside, n’Ibyaha byibasiye inyoko muntu.
Itangazo rya IRMCT rivuga ko Kabuga yapfuye kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Gicurasi, 2026 aguye kwa Muganga mu Buholandi. Akimara gupfa byamenyeshejwe umukozi ushinzwe ubuvuzi w’Urwego rushinzwe Imfungwa muri UN, (United Nations Detention Unit, UNDU), ndetse inzego z’ubuyobozi mu Buholandi zatangiye gukora igenzura ku rupfu rwa Kabuga hakurikijwe ibiteganywa n’amategeko yaho.
Perezida wa ruriya rwego rwa IRMCT, Umucamanza Graciela Gatti Santana yategetse ko habaho igenzura ku mpamvu z’urupfu rwa Kabuga ndetse ashyiraho Umucamanza Alphons Orie kugira ngo abikurikirane.
Imyaka 26 yo kwihishahisha yarangiye mu 2020
Kabuga Félicien kuva mu 1994 yahunze u Rwanda, amakuru avuga ko yabaye mu bihugu bitandukanyu yihishahisha harimo igihugu cya Kenya.
Tariki 16 Gicurasi, 2020 nibwo yatawe muri yombi nyuma ya Operasiyo ikomeye yakozwe n’ibihugu bitandukanye byakoranywe n’urwego rwa IRMCT, afatirwa i Paris mu Bufaransa, icyo gihe yavuze ko afite imyaka 87 y’amavuko.
Yahise ajyanwa i La Haye/The Hague mu Buholandi tariki 26 Ukwakira 2020.
Urubanza rwe rwaje gutangira kuburanishwa tariki 29 Nzeri 2022. Gusa nyuma y’umwaka umwe inzira yo kumuburanisha yaje guharara muri Nzeri 2023.
Abacamanza banzuye ko Kabuga atagifite ubushobozi bwo kwiburanira kubera indwara zirimo no kwibagirwa.
Gusa habuze igihugu cyemera kwakira Kabuga, urukiko rutegeka ko aguma mu igororero rya ruriya rukiko.
Nubwo hari abavuga ko Kabuga yagize uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Umunyamategeko utifuje ko dutangaza amazina ye hano, yavuze ko mu rwego rw’Amategeko, Kabuga Félicien apfuye ari umwere kubera ko nta rukiko rwamuhamije ibyaha yari akurikiranyweho.

UMUSEKE.RW
