Ikigo cya Leta zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara cyatangaje ko Umunyamerika umwe yasanzwemo icyorezo cya Ebola kimaze guhitana abantu 116 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Abandi Banyamerika batandatu nabo baracyekwaho ko bamaze kwandura icyi cyorezo bose bakaba bakoreraga muri Congo.
Iki kigo cy’Abanyamerika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara (CDC)kuri uyu wa mbere cyatangaje ko uwagaragaweho indwara yagaragazaga ibimenyetso bya Ebola mu mpera z’icyumweru, ku Cyumweru bamumpimye bayimusangamo.
Dr. Satish Pilla ushinzwe kurwanya Ebola muri CDC yavuze ko uwo Munyamerika yajyanwe kuvurirwa mu Budage n’abandi batandatu bafite ibimenyetso.
Ubu abaturage bakomoka muri Uganda, Sudani y’Epfo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo badafite Pasiporo Nyamerika ntibemerewe kwinjira muri Leta zunze Ubumwe za Amerika mu gihe cy’iminsi 21.
Ikigo nyafurika gishinzwe kurwanya ibyorezo (Africa CDC) cyavuze ko abantu 116 bahitanywe na Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe abagera kuri 390 bacyanduye.
Kuva ku wa Gatandatu tariki ya 16 Gicurasi 2026, nibwo virusi nshya ya Ebola yitwa Bundibugyo yagaragaye muri RDC na Uganda.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryavuze ko iki ari ikibazo mpuzamahanga.
Muri rusange Congo imaze kwibasirwa n’Icyorezo cya Ebola inshuro 17 mu bihe bitandukanye kuva mu 1976.
Inkubiri yishe benshi ni hagati ya 2018 na 2020 ahapfuye abarenga 2300.
Ebola ni indwara iterwa na virusi yitwa Ebola iba mu mubiri w’uducurama tuyikwirakwiza. Yibasira abantu n’inyamaswa.
Iyi ndwara yandura byihuse, ikanica cyane ku kigero kiri hagati ya 50 na 90% ku bantu bayanduye, gusa hakaba hari inkingo zikingira zimwe mu bwoko bwayo.
MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW
