Amerika yatanze inkunga yo kurwanya Ebola

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko  zatanze inkunga ya Miliyoni 13$ ku bihugu bya Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zizafasha ibyo bihugu mu  gukurikiranira hafi amakuru ajyanye no guhangana n’icyorezo cya Ebola cyahagaragaye.

Ni nyuma yuko ikigo cya Amerika Gishinzwe kurwanya no gukumira indwara gitangaje ko umunyamerika umwe yasanzwemo Ebola n’abandi batandatu bakekwa kuba bayifite, bose bakoreraga muri RDC.

Itangazo ryashyizwe hanze ku wa 18 Gicurasi 2026, na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rivuga ko Amerika iri gukumira ubwandu mbere yuko bugera muri iki gihugu  bityo iri kurinda ubuzima bw’Umunyamerika uri imbere mu gihugu no mu mahanga.

Amerika ivuga ko ku wa 15 Gicurasi 2026, nyuma y’amasaha 24 hemejwe bamwe mu bagaragaweho icyorezo cya Ebola, ishami rishinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Amerika ryatanze ubutabazi hagamijwe gushaka igisubizo, rishyiraho itsinda rishinzwe gukurikirana iki kibazo ndetse  rikaba  riri  gukorana bya hafi na za Ambasade ziri mu Rwanda, Sudani y’Epfo naUganda  no kuvugana n’Abanyamerika bari muri ibyo bihugu.

Ikomeza igira iti ”  Mu gihe kitageze ku masaha 48 icyorezo kigaragaye, Amerika yatanze inkunga ya miliyoni 13 z’amadolari kuri ibyo bihugu , zizakoresha mu kugenzura no gukumira icyorezo,guhanahana amakuru, gushyingura neza uwishwe na Ebola .”

Amerika mu ishami ryayo rishinzwe gutanga imfashanyo,  ivuga ko kandi iri gukorana n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi, Ubwongereza n’abandi bafatanyabikorwa mpuzamahanga ngo bafatanye mu gushaka igisubizo.

Amerika ivuga ko kuwa 14 Gicurasi, hatangajwe inkunga izahabwa ibihugu ya Miliyari 1,8$ . Izi zirimo miliyoni 250$  zizahabwa   RDCongo na Uganda.

Yongeraho ko  izakomeza kurinda abaturage bayo, gufasha abagezweho n’iki kibazo no gukomeza guharanira ko iki cyorezo cyakumirwa mu gihe gito bishoboka.

Ikigo Nyafurika Gishinzwe kurwanya ibyorezo (Africa CDC) cyavuze ko abantu 116 bahitanywe na Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe abagera kuri 390 bacyanduye.

U Rwanda rwafashe ingamba zatuma iki cyorezo kidakwirakwira, rufunga imipaka yose iruhuza na RDCongo.

UMUSEKE.RW

 

 

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *