Ibitaro bya Nyankunde biherereye muri Teritwari ya Irumu, mu Ntara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, birimo Ikigo kivurirwamo abarwayi ba Ebola, byagabweho igitero cyakozwe n’abantu bitwaje intwaro.
Iki gitero cyabaye ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 15 Nyakanga, aho amakuru yatanzwe na Sosiyete Sivile yo muri Teritwari ya Irumu avuga ko abateye barashe ku bitaro ndetse bakanatwika zimwe mu nyubako zakoreshwaga mu kwita ku barwayi ba Ebola.
Nyuma y’iki gitero, imiryango myinshi itanga ubutabazi yahise yimuka iva muri ako gace kubera impungenge z’umutekano no kwikanga ko ishobora kugabwaho ibindi bitero.
Si ubwa mbere ibigo bivurirwamo abarwayi ba Ebola byibasirwa n’ibitero muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu bihe byashize, abaturage bamwe bagiye batera ibyo bigo basaba ko abarwayi babo barekurwa bakajyanwa mu ngo kugira ngo babiteho.
Hari kandi n’igihe abantu bagiye bagaba ibitero ku matsinda yashyinguraga abazize Ebola mu buryo bwihariye bwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo, abaturage bagasaba ko bemererwa kwishyingurira ababo hakurikijwe imigenzo yabo.
Amezi abiri arashize icyorezo cya Ebola cyo mu bwoko bwa Bundibugyo kibasiye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Imibare itangwa na Leta igaragaza ko iyi nkubiri ya 17 ubu imaze kwica abantu barenga 700 mu barenga 2000 banduye Ebola.
MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW
