Urukiko rwo muri Africa y’Epfo rwumvise umuhererezi wa w’uwahoze ari Perezida wa Zimbabwe, nyakwigendera Robert Mugabe, uyu mwana yahamwe n’icyaha cyo gutunga umuntu imbunda, no kuba muri Africa y’Epfo mu buryo butemewe n’amategeko.
Bellarmine Mugabe watanze ingwate nyuma yo guhamwa n’ibyaha bibiri, yafashwe muri Gashyantare, 2026 nyuma y’iraswa ry’umusore w’imyaka 23 y’amavuko mu gace ka Johannesburg.
Umuhungu wa Mugabe w’imyaka 28 yafunganywe n’uwitwa Tobias Matonhodze, kuri uyu wa Gatanu bakaba bagejejwe imbere y’urukiko mu gace ka Alexandra.
Abanyamategeko babahagarariye babwiye urukiko ko abo bunganira biteguye gusubira muri Zimbabwe kandi bakiyishyurira ikiguzi mu gihe bahabwa igihano kitari igifungo.
Matonhodze, w’imyaka 33 yahamwe n’icyaha cyo kugerageza kwica, gukora ibidakurikije amategeko, kuva mu gihugu ukajya mu kindi bitemewe no gutunga intwaro.
Umuhungu wa Mugabe, yari hashinjwe kugerageza kwica, aza kuvuga ko yumvise ibyo birego, ndetse akatanga ingwate nyuma yo kumvikana n’ubushinjacyaha.
Ubushinjacyaha ntibwigeze buvuga ko ibyabye ubwo Mugabe yashinjwaga kugerageza kwica.
BBC ivuga ko Mugabe n’uwo baregwa hamwe Polisi yabafatiye mu mujyi wa Johannesburg mu gace kitwa Hyde Park.
Icyo gihe umusore bivugwa ko ari umusekirite yajyanywe kwa muganga yakomeretse nyuma yo kuraswa amasasu. Abashinjacyaha mbere bavuze ko kurasana kwaturutse ku bwumvikane buke bwabaye hagati ya bariya bantu batatu ubwo bari mu nzu, uriya warashwe yarashweho kabiri mu mugongo ahunga.
Abashinzwe umutekano bagerageje gusaka urugo rw’umuhungu wa Mugabe ariko intwaro barayibura.
Igihe cyo gutangaza ibihano kimuriwe tariki 24 Mata, 2026.
UMUSEKE.RW
