Hari abagabo bafunzwe bakekwaho kwica umucuruzi

Nyakwigendera bivugwa ko abamwishe bamusanze iwe (Photo Social media)

Huye: Inzego z’Umutekano zafashe abantu batatu bakekwaho kwica Karamira Aloys, usanzwe akora imirimo y’ubucuruzi bw’amafi.

Urupfu rwa Karamira Aloys bakunze kwita Gasongo, rwabereye mu  Kagari ka Cyarwa, mu Murenge wa Tumba  ho mu Karere ka Huye.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi avuga ko abakekwaho kwica Karamira Aloys bamwishe mu ijoro ryakeye rishyira kuri uyu wa Gatanu taliki ya 17/04/2026 bamusanze iwe mu rugo.

CIP Hassan avuga ko Inzego z’umutekano zahawe amakuru n’abaturage ko nyakwigendera amaze kwicwa, zihutira kujyayo zihageze zifata abantu batatu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwe.

Ati: ”Kugeza ubu hafashwe abantu batatu, kandi iperereza ku rupfu rw’uyu mugabo rirakomeje.”

Umuvugizi wa Polisi avuga ko abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi iherereye mu Murenge wa Ngoma, akavuga ko barimo gushakisha n’abandi bagize uruhare mu iyicwa rya Karamira kugira ngo bashyikirizwe ubugenzacyaha.

Yakomeje agira ati: ”Iperereza ry’ibanze ryerekana ko intandaro y’urupfu rwa Karamira yaturutse ku makimbirane bari bafitanye n’abo bakorana.”

Polisi ishimira abatanze amakuru ariko ikihanangiriza abafite ingeso yo kwihanira ko itazihanganira iyo myitwarire.

Polisi irihanganisha umuryango wa Nyakwigendera ikawizeza ko abafashwe bagomba kugezwa imbere y’ubutabera kugira ngo baryozwe ibyaha bashinjwa.

Karamira Aloys afite imyaka 48 y’amavuko. Umurambo we wajyanywe mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza i Butare (CHUB) gukorerwa isuzuma.

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Huye

Share This Article