Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kigambye ko cyarashe drone yavogereye ikirere cyayo “kivuga ko ari iy’ingabo z’u Rwanda”.
Kugeza ubu ntacyo u Rwanda ruravuga kuri iryo tangazo ry’igisirikare cya Congo.
Itangazo ryasohowe ku rubuga rwa X rw’ingabo za Congo, FARDC rivuga ko “drone y’igisirikare cy’u Rwandan yavogereye ikirere cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yarashwe.”
Iyo drone ngo yarasiwe ahitwa Point Zéro, mu nzira zigana mu misozi miremire ya Minembwe muri Kivu y’Amajyepfo.
FARDC ivuga ko ikoreshwa ry’iyo drone ari ubushotoranyi bweruye, n’uburyo bushya bwo guhungabanya icyo gihugu.
Ku rundi ruhande itangazo ryasohowe n’umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri, rishinja ingabo za Congo, FARDC kuba mu masaha ya mugitondo zagabye ibitero zikoresheje indege za drone mu bice bigenzurwa na AFC/M23.
Ibyo bitero ngo byatangiye mu masaha ya saa kumi n’igice mu gitondo (04h30 a.m) kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Gicurasi, 2026.
Drone za FARDC ngo zarashe mu baturage muri Teritwari ya Masisi, mu duce dutuwe cyane nka Mitimingi, Katoyi no mu nkengero zaho.
Uretse izo drone igisirikare cya Congo muri ibyo bitero ngo cyanakoresheje imbunda ziremereye.

UMUSEKE.RW
