Umutoza w’abanyezamu ba Kiyovu Sports yongereye amasezerano

Nduwimana Pascal utoza abanyezamu ba Kiyovu Sports, yongereye amasezerano yo kuyigumamo mu myaka ibiri iri imbere.

Mu gihe Urucaca ruri kugerageza gushaka umwanya wa kabiri ku makipe yo mu Rwanda [ikaba iya kane harimo n’izo muri Sudani], rwatangiye kugumana abarufashije kugera aho ruri aha.

Ku ikubitiro, ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwahisemo kugumana na Nduwimana Pascal utoza abanyezamu b’iyi kipe.

Amakuru UMUSEKE wamenye, avuga ko uyu mutoza umaze imyaka ibiri muri iyi kipe yo ku Mumena, yongereye amasezerano y’imyaka ibiri.

Nduwimana yagize uruhare rukomeye mu gufasha abanyezamu ba Kiyovu Sports, kugeza ubwo umusimbura aba yegereye cyane ubanza mu kibuga.

Ikindi Nduwimana azwiho, ni ugukora urwambariro rwe mu gice cy’abanyezamu. Ibi bigaragazwa n’uburyo Nzeyurwanda Djihad aherutse kubona umwanya wo gukina ubwo iyi kipe yakinaga na Al-Merrikh SC, umukino warangiye Urucaca rutsinze igitego 1-0 ariko Djihad ahembwa nk’umukinnyi mwiza w’umukino.

Yazamuye urwego rw’abanyezamu kugeza ubwo Rayon Sports yaguze uwari umunyezamu wa gatatu wa Kiyovu Sports.

Nduwimana Pascal yongereye amasezerano y’imyaka ibiri atoza abanyezamu ba Kiyovu Sports
Ni umutoza uba wibutsa kenshi abanyezamu be
Amaze imyaka ibiri muri Kiyovu Sports

UMUSEKE.RW

Share This Article