Imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamenetsemo amaraso, Leta ivuga ko imirambo n’abantu bagaragaye bavirirana ari ibyateguwe abantu bagasigwa amaraso y’inyamaswa.
Ku wa Gatanu tariki ya 12 Kamena 2026, i Kinshasa mu murwa Mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo habereye imyigaragambyo yari yateguwe n’abari muri Opozisiyo.
Aba bari basabye abaturage kujya kwicara ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko mu kwerekana ko badashyigikiye abayigize baherutse kwememeza umushinga w’itegeko ryo gutegura amatora ya kamparampaka [referandumu] ku kuvugura itegeko nshinga.
Iyi referandumu niyemezwa na Sena, abaturage bazatora bashyigikira cyangwa barwanya ko manda Umukuru w’Igihugu yemererwa n’Itegeko Nshinga zavugururwa.
Abari muri iyo myigaragambyo bacakiranye n’abashinzwe umutekano bari bafunze imihanda yose yerekeza kuri iyo nyubako yitirirwa iya rubanda.
Prince Epenge uvugira ‘Ihuriro 64’ rigamije gukora buri kimwe cyose ngo Perezida Félix Tshisekedi ntazahindure bimwe mu bigize itegeko nshinga byatuma aguma ku butegetsi, yavuze ko abashinzwe umutekano bakoresheje imbaraga z’umurengera mu gutanya abigaragambya.
Bamwe mu banyapolitiki barimo Martin Fayulu, Delly Sesanga, Jean-Marc Kabund na Ados Ndombas bavuze ko bakomerekeye muri iyo myigaragambyo.
Ihuriro ry’Imiryango ivuga ko Iharanira Uburenganzira bwa Muntu muri Congo, yavuze ko abantu babiri bitabye imana abandi benshi barafungwa.
Eugénie Tshiela Kamba, Minisitiri wungirije w’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahakanye ko Polisi yaba yarakoresheje imbaraga z’umurengera mu gutandukanya abakomeretse.
Yavuze ko amashusho yagaragaye abantu bavirirana amaraso, ari ibikorwa byateguwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, abantu bagasigwa amaraso y’inyamaswa yazanwe mu macupa.
Ati “Abapolisi bakoze akazi kabo kinyamwuga ndetse bubahiriza amategeko.”
Amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ateganyijwe mu 2028.
Abanyapolitike barahagurutse barahagarara ngo Perezida Félix Tshisekedi atazongera kwiyamamariza kuyobora indi manda yaba iya gatatu mu gihe havugururwa zimwe mu ngingo zigize itegeko nshinga.
Tshisekedi iyo bamubajije niba ashaka koko iyo manda agira ati “Sinshaka manda ya gatatu ariko reka nkumbwire niba abaturage bashaka ko nyobora manda ya gatatu nzabyemera.”


MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW