Ben Moussa ntakiri umutoza wa Police FC

Ubuyobozi bwa Police FC, bwemeje ko iyi kipe yamaze gutandukana n’umunya-Tunisie, Ben Moussa wari umutoza mukuru wayo.

Ni amakuru yemejwe n’iyi kipe y’Abashinzwe Umutekano, ku Cyumweru, tariki ya 14 Kamena 2026.

Ibicishije ku rukuta rwayo rwa X, Police FC yashimiye Ben Moussa, yemeza ko yamaze gutandukana nayo.

Bagize bati “Amahirwe masa, Ben Moussa. Warakoze Ben Moussa Abdessatar.”

Uku gutandukana kuje nyuma y’uko iyi kipe yasoje Shampiyona iri ku mwanya wa kane mu makipe yo mu Rwanda mu gihe yasoje ku wa gatandatu harimo n’ikipe zo muri Sudani.

N’ubwo impande zombi zahisemo gutandukana, Ben Moussa yari yasinye amasezerano y’imyaka itatu yo kuyitoza.

Police FC yemeje ko yatandukanye na Ben Moussa, imwifuriza amahirwe ahandi azakomereza ubuzima

UMUSEKE.RW

Share This Article