Table-Tennis: Asifiwe na Kamikazi bahize abandi mu irushanwa ryo Kwibuka 2026

Ubwo hasozwaga irushanwa rya Tennis ryo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, Kamikazi Elizabeth mu bagore na Asifiwe Patience mu bagabo, ni bo begukanye irushanwa rya 2026 ryitabiriwe n’abakinnyi 48.

Mu gihe u Rwanda n’Isi muri rusange biri mu minsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, amashyirahamwe y’imikino atandukanye mu Rwanda, akomeje gutegura amarushanwa ajyanye n’ibi bihe.

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Table Tennis mu Rwanda, na ryo ntabwo ryatanzwe kuko ryateguye iri rushanwa ryitabiriwe n’abakinnyi 16 mu cyiciro cy’abagore na 32 mu cyiciro cya basaza babo.

Mu cyiciro cy’abagore, Kamikazi Elizabeth  ukinira Spero TT Academy, ni we wabaye uwa mbere nyuma yo gutsinda Mushimiyimana Josephine wa Delta TTC amaseti 3-1.

Muri iki cyiciro, umwanya wa gatatu wegukanywe na Uwase Diane ukinira Spero TT Academy mu gihe umwanya wa kane wegukanywe na Gasaro Keetia bakinana.

Mu cyiciro cy’abagabo, Patience Asifiwe wa Rilima TTC, ni we wabaye uwa mbere nyuma yo gutsinda Ndekwe Kellys amaseti 3-2 ukinira Ubumwe TTC.

Umwanya wa gatatu, wegukanywe na Niyogisubizo Steven mu gihe uwa kane won wegukanywe na Muyisenge Devoir.

Kamikazi na Diane, ni bo bakobwa bafashije u Rwanda kubona itike yo kwitabira Shampiyona y’Isi 2026 n’ubwo bayitabiriye ntibarenge amatsinda.

Kamikazi na Asifiwe bahize abandi muri uyu mwaka
Abagera kuri 48 ni bo bitabiriye irushanwa ry’uyu mwaka
Abakobwa bane bitwaye neza
Abitwaye neza mu byiciro byombi

UMUSEKE.RW

Share This Article