Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko iyi kipe yamaze guha akazi Habimana Sosthène wayihozemo, wayigarutsemo nk’umutoza wungirije.
Ni amakuru yemejwe n’iyi kipe yo mu Nzove ku wa 4 Nyakanga 2026 yabicishije kuri X.
Bagize bati “Tunejejwe no gutangaza igaruka ry’umunyabigwi wacu, Habimana Sosthène.”
“Ubwo aheruka aha mu 2014, yari umutoza wacu wungirije mu gihe mu 2014-2015 yabaye umutoza mukuru w’agateganyo.”
Bongeyeho bati “Yagarutse mu kipe nk’umutoza wacu wungirije.”
Uretse kuba umutoza, Sosthène asanzwe ari n’umwarimu w’abatoza, cyane ko afite impamyabumenyi y’ubutoza ya A CAF.
Yatoje kandi amakipe arimo Etincelles FC, Musanze FC n’amakipe atandukanye y’Igihugu y’ingimbi.

UMUSEKE.RW
