Muhanga: Inkongi y’Umuriro w’amashanyarazi yangije bimwe mu bikoresho byo mu Kigo Nderabuzima cya Rugendabari.
Mu byangiritse harimo amafishi abakoresha Mituweli bifashisha mu kwivuza, ndetse na seriveri ya Internet.
Byabaye mu ijoro ryakeye ryo kuri iki Cyumweru taliki ya 06/07/2026.
Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Rugendabari, Uwizeyimana Marie Grâce avuga ko iyo nkongi y’umuriro w’amashanyarazi yangije amafishi y’abarwayi bakoresha ubwisungane mu kwivuza (MUSA), n’insinga ziva kuri serveur ibaha Internet.
Uwizeyimana avuga ko ibyangijwe n’inkongi bidakoma mu nkokora imikorere isanzwe y’abakozi bo mu Kigo Nderabuzima cya Rugendabari kuko amakuru yari kuri ayo mafishi y’abarwayi bakoresha ubwisungane mu kwivuza, barangije kiyashyira mu ikoranubahanga.
Uwizeyimana avuga kandi ko n’insinga za Internet ntacyo zibahungabanyaho kubera ko basanganywe indi serveur ya kabiri.
Yongeyeho ati: “N’ubu tuvugana turi mu kazi kandi turimo gukoresha Internet yindi dufite.”
Uyu muyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Rugendabari avuga ko bataramenya icyateye inkongi y’umuriro kubera ko byabaye mu ijoro.
Uwizeyimana yashimiye Ubuyobozi bwa RSSB kuko bwabafashije gushyira mu ikoranubahanga amakuru yose arebana n’abarwayi bakoresha ubwisungane mu kwivuza.

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Muhanga
