Undi musirikare wa Amerika yapfiriye mu gitero cya Iran

Amerika na Iran bikomeje ibitero bikomeye

Umusirikare wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yapfiriye mu majyaruguru ya Iraq, aba uwa 17 mu basirikare b’Abanyamerika bamaze gupfa kuva intambara hagati ya Amerika na Iran yatangira, mu gihe ibitero hagati y’impande zombi bikomeje gukaza umurego.

Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika zishinzwe ibikorwa  mu Burasirazuba bwo Hagati, (CENTCOM), bwatangaje ko uyu musirikare yapfuye ku wa 18 Nyakanga 2026, ubwo ingabo z’Amerika zari mu gikorwa cyo guturitsa mu buryo bugenzuwe ibisasu bitaturitse byari bisigaye kuri drone ya Iran yahanuwe mu majyaruguru ya Iraq.

Muri icyo gikorwa, undi musirikare w’Umunyamerika yakomeretse byoroheje.

Urupfu rw’uyu musirikare rwatumye umubare w’Abanyamerika bamaze kugwa mu ntambara hagati ya Amerika na Iran, kuva ku wa 28 Gashyantare ubwo Amerika na Israel byatangizaga ibitero kuri Iran, ugera kuri 17.

Abandi basirikare babiri b’Abanyamerika bishwe mu gitero cya Iran cyagabwe muri Jordanie ku wa Gatanu, mu gihe undi musirikare umwe akomeje kuburirwa irengero.

CENTCOM yavuze ko ahabereye icyo gitero habonetse ibisigazwa by’umubiri bitaramenyekana, bikaba biri gusuzumwa kugira ngo hamenyekane uwo ari we.

Amerika na Iran bikomeje guhanahana ibitero, aho ku Cyumweru tariki ya 19 Nyakanga 2026, Amerika yari imaze ijoro rya cyenda rikurikirana igaba ibitero ku birindiro bya Iran. Na Tehran ikomeje kurasa misile no kohereza indege zitagira abapilote ku birindiro by’ingabo za Amerika biri mu bihugu byo mu Kigobe.

Igisirikare cya Amerika kivuga ko ibitero byacyo bigamije guca intege ubushobozi bwa Iran bwo guhungabanya ubwikorezi bw’amato y’ubucuruzi anyura mu nzira ya Hormuz.

Iran ivuga ko ibitero igaba bigamije gusubiza ibitero bya Amerika no gusenya ibirindiro ibitero by’Amerika bigabirwaho.

MUGIRANEZA THIERRY / UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *