Ubuyobozi bw’ikipe ya Simba Queens yo muri Tanzania, bwatangaje ko bwatandukanye n’abakinnyi batanu barimo Umunyarwanda, Usanase Zawadi.
Ni amakuru yemejwe n’iyi kipe ku wa 25 Nyakanga 2026, ibicishije ku rukuta rwayo rwa Instagram.
Rutahizamu, Usanase Zawadi, ari ku rutonde rw’abo iyi kipe yahisemo gutandukana nabo.
Zawadi yari yageze muri iyi kipe muri Nyakanga 2025, ayisinyira amasezerano y’imyaka ibiri.
Akihagera, ntabwo yabashije kubona umwanya ubanzamo ariko uko iminsi yicumaga, yageze aho aba muri 11 babanzamo n’ubwo yongeye agatakaza uwo mwanya.
Uretse Usanase, abandi basezerewe muri iyi kipe ni Amina Bilal, Amarachi Odoma, Ernestine Hetchou na Cynthia Shilawatso.
Ubwo yari akiri mu Rwanda, Zawadi yakiniraga AS Kigali WFC yari yagiyemo avuye muri Scandinavia WFC y’i Rubavu. Ni umukinnyi kandi w’ikipe y’Igihugu y’Abagore (She-Amavubi).


UMUSEKE.RW
