Zinedine Zidane yagizwe umutoza wa ‘Les Bleus’

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bufaransa (FFF), ryemeje ko Zinedine Zidane ari we mutoza w’ikipe y’Igihugu (Les Bleus) kugeza mu 2030 nyuma yo gusimbura Didier Deschamps.

Zidane w’imyaka 54, ufite izina rinini mu Bufaransa, yafashije iki Gihugu kwegukana Igikombe cy’Isi mu 1998 n’icya EURO mu 2000.

Ni amakuru yemejwe n’iri Shyirahamwe kuri uyu wa kabiri, tariki ya 28 Nyakanga 2026.

FFF, yatangaje ko Zidane ufite inkomoko muri Algérie ariko akaba Umufaransa, ari we uzatoza ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa mu myaka ine iri imbere.

Yabaye kandi Kapiteni w’u Bufaransa, atsinda ibitego bibiri ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 1998, ubwo batsindaga Brésil ibitego 3-0. Mu 1998 ni na bwo yegukanye Ballon d’Or, igihembo gihabwa umukinnyi wahize abandi ku Isi.

Mu butoza, Zidane yubatse izina rikomeye muri Real Madrid, aho yayifashije kwegukana UEFA Champions League inshuro eshatu zikurikiranya hagati ya 2016 na 2018. Yanatwaye La Liga inshuro ebyiri n’ibindi bikombe bitandukanye, mbere yo gutandukana n’iyi kipe mu 2021.

Guhabwa Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa ni inshingano Zidane yari amaze igihe agaragaza ko yifuza.

Azasimbura Deschamps wari umaze imyaka 14 ku ntebe y’ubutoza, akayobora Les Bleus mu bihe byiza birimo kwegukana Igikombe cy’Isi cya 2018 no kugera ku mukino wa nyuma w’irya 2022.

Zidane yitezweho gukomeza kubaka ikipe ishingiye ku bakinnyi bakiri bato kandi bafite impano, ariko ikanagumana ubushobozi bwo guhatanira ibikombe bikomeye. Azaba kandi asabwa guhuza abakinnyi bamaze kubaka izina n’abakizamuka, kugira ngo u Bufaransa bukomeze kuba mu bihugu bihora bihabwa amahirwe yo kwegukana amarushanwa akomeye.

Gusa uyu mutoza mushya azaba afite igitutu cyo gukomeza umurage wa Deschamps, ariko amateka ye nk’umukinnyi n’umutoza atuma Abafaransa benshi bamufitiye icyizere.

Umukino wa mbere wa Zinedine Zidane uzaba ari uwo Ikipe y’u Bufaransa izahuramo na Turikiya mu mikino ya UEFA Nations League, uteganyijwe ku wa 25 Nzeri.

Zinedine Zidane yemejwe nk’umutoza w’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa
Zidane yahesheje u Bufaransa igikombe cy’Isi cya 1998
Yatemberejwe ahabitse ibikombe Les Bleus yegukanye

UMUSEKE.RW

Share This Article