Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Antoine Felix Tshisekedi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, DRC bateguje leta imyigaragambyo ikaze.
Aba biyise “La Coalition Article 64” basohoye itangazo nyuma y’uko Urukiko rwemeje itegeko rirebana na Referandumu igamije guhindura itegeko nshinga, ibishobora guha amahirwe Perezida Felix Tshisekedi yo kuguma ku butegetsi.
Mu itangazo basomye mu mashusho, La Coalition Article 64 bavuga ko nta we uri hejuru y’itegeko nshinga, bavuga ko nta we ujya impaka n’itegeko nshinga kandi ko bireba buri wese.
Bavuze ko ntacyo bari biteze mu Rukiko rushinzwe kurengera itegeko nshinga, kubera ko abarugize “ngo bagiye bahabwa ruswa” n’ubutegetsi bwa Tshisekedi.
La Coalition Article 64 bavuga ko icyemezo cy’urukiko cyemeza umugambi wo “kurenga ku itegeko nshinga” kandi ko gifungura amarembo ku icikamo ibice kw’igihugu cya Congo (balcanisation).
Aba bateguje leta ko ku itariki ya 15 Kanama, 2026 hazaba imyigaragambyo ikomeye kubera icyo cyemezo cy’urukiko. Bakaba basabye abaturage bo mu gihugu hose n’ababa mu mahanga kuzashyigikira iyo myigaragambyo.
Hari hashize igihe Leta ya Congo yumvikanye n’aba batavuga rumwe na leta binyuze mu buhuza bwa Perezida Evariste Ndayishimiye, bemera guhagarika imyigaragambyo bari bateganyije.
Urukiko rwafashe umwanzuro kuri referandumu ishobora ‘kugumisha Tshisekedi ku butegetsi’
UMUSEKE.RW
