LIVE: Rayon Sports 1-1 Gor Mahia umukino wa nyuma wa CECAFA

Rayon itsinze igitego

Igice cya mbere cyarangiye ari Rayon Sports ibonye igitego 1-0, ubu igice cya kabiri cyatangiye.

1′ Umukino watangiye!

Umusifuzi mpuzamahanga ukomoka muri Somalia, Omar Artan, yatangije umukino wakurikiwe n’imbata ya benshi bari muri Stade Amahoro.

03’ Koruneri ya Gor Mahia!

Abanya-Kenya babonye koruneri ariko itewe ba myugariro ba Murera bahita bakuraho umupira vuba.

07’ Murera yokeje igitutu Gor Mahia.

Rayon Sports yifashishije impande zayo zirimo Elie Tatou, yatangiye kotsa igitutu kuri ba myugariro ba Gor Mahia.

9′ Murera yabaye Murera

Nshuti Didier atanzwe umupira n’umunyezamu Odhiambo, aramugonga umupira uragwa, bombi bagwana mu izamu.

Nshuti ahagurutse ashaka gukubita uyu munyezamu, ariko umusifuzi Omar Artan ahita ahagoboka amwigizayo.

10′ Abafana ntabwo barashyuha

Tuzabona ryari abafana bo mu Rwanda bashobora gufana nta bwoba, kuva ku munota wa mbere kugeza ku wa nyuma?

Simbizi, gusa si uyu munsi!

Aba-Rayons basaga ibihumbi 42 muri Stade Amahoro ariko benshi muri bo baratuje.

15′ Gor Mahia iragenda itinyuka

Gor Mahia ni yo iri gukina imipira myinshi muri iyi minota ibanza y’umukino ndetse ikomeje kugerageza amashoti atandukanye ariko akanyura kure cyane y’izamu rya Rayon Sports ririmo Junior Dande.

17′ Gor Mahia yatinyutse

Uko iminota yicuma, niko Abanya-Kenya bagenda binjira mu mukino.

20′ Umukino watangiye gushyuha

Dande Junior na Nshuti Didier bashwaniye umupira, gusa bima inzira rutahizamu Okoth washobora guhita atsinda.

Umupira Didier ashyize muri koruneri, usubijwe mu kibuga na Macheso, ufatwa na Dande.

20′ Gor Mahia ihushije uburyo

Gor Mahia iracyagerageza gushaka izamu.

Umupira uhawe Sabuni Sirengo, aracenze asubira hagati, ateye ishoti rijya ku ruhande.

22′ Murera yatangiye gushaka igitego

Ibrahim Mansouru Dinjarey atwaye umupira, awuha Elie Tatou uwushyize mu rubuga rw’amahina, ariko Gor Mahia yugarira neza.

25′ Amakipe yombi akomeje gucungana

Uko iminota yicuma, ni ko nta kipe iha ngenzi yayo uburyo bwo kuyitanga igitego.

28′ Igitego cya Rayon Sports

Murera ifunguye amazamu ku gitego gitsinzwe na Junior Kameni ku mupira wari uturutse ku ruhande rw’iburyo.

30′ Gor Mahia yasubiye kugarira

Nyuma yo gutsindwa igitego ikipe ya Gor Mahia yasubiye inyuma, Rayon Sports irayisatira.

Aba-Rayons hafi ya bose bahagurutse mu Mahoro, bamwe bacana amatoroshi ya telefoni.

36′ Gor irashaka uburyo bw’igitego

Nyuma yo gutsindwa igitego, Gor Mahia ikomeje gushaka uko yakishyura ariko ba myugariro ba Murera ahagaze neza.

38′ Ubukeba ahantu hose buba buhari

Abafana ba Rayon Sports batangiye kunyuzamo bakaririmbira umukeba wabo, APR FC.

Ni mu ndirimbo igira iti “Wa gikona we”.

41′ Gor Mahia iracyasunika

Gor Mahia ikomeje gusunika ishaka igitego cyo kwishyura ariko byanze.

45′ Murera yasoje igice cya mbere iri imbere

Iminota 45 y’igice cya mbere, yarangiye Rayon Sports iri imbere n’igitego 1-0.

47′ Igice cya kabiri cyatangiye

Ishimwe Ganijuru Elie arenguye umupira mu rubuga rw’amahina, usanga Issa Djiguiba uwushyizeho umutwe, ujya ku ruhande rw’izamu.

48′ Gor Mahia ikoze impinduka

Gor Mahia ikuye mu kibuga Paul Ochuoga, Paul Okoth na Ebenezer Adu-kwaw, ishyiramo Othieno Onyona, Ebenezer Assifuah na Stanley Omondi.

54′ Gor Mahia yishyuye igitego

Sabuni Odhiambo Sharriff yishyuriye Gor Mahia ku mupira muremure ahawe, yinjira mu rubuga rw’amahina, acenga Nshuti Didier mbere yo gutera ishoti rikomeye mu izamu.

Stade yose iratuje, keretse abafana bake bashyigikiye Gor Mahia.

Rayon Sports 1-1 Gor Mahia.

57′ Rayon Sports ikoze impinduka

Tambwe Gloire wa Rayon Sports, asimbuye Issa Djiguiba wavunitse agakurwa mu kibuga ari ku ngobyi.

63′ Gusimbuza nanone kwa Rayon Sports

Muhoza Daniel asimbuye Iradukunda Elie Tatou ku ruhande rwa Rayon Sports.

Muhoza agiye ibumoso naho Atisso ajya iburyo.

64′ Ikarita y’umuhondo ya Gor Mahia

Frank Onyango Odhiambo ahawe ikarita y’umuhondo akiniye nabi Tambwe Gloire wari ugiye gukora ‘contre-attaque’.

66′ Coup-franc ya Gor Mahia

Charles Tchaplaou akiniye nabi Ebenezer Assifuah.

Ikosa rihanwe na Ben Stanley Omondi ukaraze umupira, ariko habura mugenzi we wari aho ugannye.

70′ Iminota 2o ya nyuma ihishe byinshi ku makipe yombi

Gor Mahia yatangiye kugira abafana bari kwiyongera, ukurikije amajwi wumva muri Stade kubera ko Aba-Rayons bacecetse.
Impande z’iyi kipe yo muri Kenya ziriho Sirengo na Assifuah ni izo kwitondera.

72′ Rayon Sports ihushije uburyo

Rutahizamu, Junior Kameni yari ashatse gutsinda igitego cya kabiri n’umutwe ku mupira yari ahawe na Tambwe ariko umunyezamu arawufata.

75′ Gor Mahia ihushije uburyo

Shariff Sabuni Sirengo ahinduye mu rubuga rwa Rayon Sports, ariko mugenzi we, Paul Okoth awushyira hejuru y’izamu.

76′ Aba-Rayons batangiye gusunika ikipe yabo

N’ubwo ikipe yabo iri kurushwa muri iyi minota, abafana ba Rayon Sports bongeye kugaragaza ko bahari baririmba “Murera”.
Gusa icyizere ni gike.

78′ Iminota yo kwitonda cyane

Amakipe yombi ageze mu minota yo kwitonda cyane, kuko iyatsindwa igitego byayigora kucyishyura.

AMAKURU YABANJE

Tubahaye ikaze muri Stade Amahoro ahagiye kubera umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026, uhuza Rayon Sports na Gor Mahia yo muri Kenya.

Murera iheruka iki Gikombe mu myaka 28 ishize ubwo yagikuraga muri Zanzibar, mu gihe abanya-Kenya bo bataracyegukana na rimwe.

Amakipe yombi yasoje kwishyushya.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *