Tubahaye ikaze muri Stade Amahoro ahagiye kubera umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026, uhuza Rayon Sports na Gor Mahia yo muri Kenya.
Murera iheruka iki Gikombe mu myaka 28 ishize ubwo yagikuraga muri Zanzibar, mu gihe abanya-Kenya bo bataracyegukana na rimwe.
Amakipe yombi yasoje kwishyushya.

1′; Umukino watangiye!
Umusifuzi mpuzamahanga ukomoka muri Somalia, Omar Artan, yatangije umukino wakurikiwe n’imbata ya benshi bari muri Stade Amahoro.
03’; Koruneri ya Gor Mahia!
Abanya-Kenya babonye koruneri ariko itewe ba myugariro ba Murera bahita bakuraho umupira vuba.
07’; Murera yokeje igitutu Gor Mahia.
Rayon Sports yifashishije impande zayo zirimo Elie Tatou, yatangiye kotsa igitutu kuri ba myugariro ba Gor Mahia.
9′ Murera yabaye Murera
Nshuti Didier atanzwe umupira n’umunyezamu Odhiambo, aramugonga umupira uragwa, bombi bagwana mu izamu.
Nshuti ahagurutse ashaka gukubita uyu munyezamu, ariko umusifuzi Omar Artan ahita ahagoboka amwigizayo.
10′ Abafana ntabwo barashyuha
Tuzabona ryari abafana bo mu Rwanda bashobora gufana nta bwoba, kuva ku munota wa mbere kugeza ku wa nyuma?
Simbizi, gusa si uyu munsi!
Aba-Rayons basaga ibihumbi 42 muri Stade Amahoro ariko benshi muri bo baratuje.
15′ Gor Mahia iragenda itinyuka
Gor Mahia ni yo iri gukina imipira myinshi muri iyi minota ibanza y’umukino ndetse ikomeje kugerageza amashoti atandukanye ariko akanyura kure cyane y’izamu rya Rayon Sports ririmo Junior Dande.
17′ Gor Mahia yatinyutse
Uko iminota yicuma, niko Abanya-Kenya bagenda binjira mu mukino.
20′ Umukino watangiye gushyuha
Dande Junior na Nshuti Didier bashwaniye umupira, gusa bima inzira rutahizamu Okoth washobora guhita atsinda.
Umupira Didier ashyize muri koruneri, usubijwe mu kibuga na Macheso, ufatwa na Dande.
20′ Gor Mahia ihushije uburyo
Gor Mahia iracyagerageza gushaka izamu.
Umupira uhawe Sabuni Sirengo, aracenze asubira hagati, ateye ishoti rijya ku ruhande.
22′ Murera yatangiye gushaka igitego
Ibrahim Mansouru Dinjarey atwaye umupira, awuha Elie Tatou uwushyize mu rubuga rw’amahina, ariko Gor Mahia yugarira neza.
25′ Amakipe yombi akomeje gucungana
Uko iminota yicuma, ni ko nta kipe iha ngenzi yayo uburyo bwo kuyitanga igitego.
28′ Igitego cya Rayon Sports
Murera ifunguye amazamu ku gitego gitsinzwe na Junior Kameni ku mupira wari uturutse ku ruhande rw’iburyo.
30′ Gor Mahia yasubiye kugarira
Nyuma yo gutsindwa igitego ikipe ya Gor Mahia yasubiye inyuma, Rayon Sports irayisatira.
Aba-Rayons hafi ya bose bahagurutse mu Mahoro, bamwe bacana amatoroshi ya telefoni.
36′ Gor irashaka uburyo bw’igitego
Nyuma yo gutsindwa igitego, Gor Mahia ikomeje gushaka uko yakishyura ariko ba myugariro ba Murera ahagaze neza.
38′ Ubukeba ahantu hose buba buhari
Abafana ba Rayon Sports batangiye kunyuzamo bakaririmbira umukeba wabo, APR FC.
Ni mu ndirimbo igira iti “Wa gikona we”.
41′ Gor Mahia iracyasunika
Gor Mahia ikomeje gusunika ishaka igitego cyo kwishyura ariko byanze.
