Tuyizere Josiane wo mu Karere ka Rubavu, yabaye umunyamahirwe watsindiye Miliyoni 10 Frw mu Ikompanyi y’Imikino y’amahirwe [Betting] ya ‘Winner Rwanda’ nyuma yo gushyiraho ibiceri 600 Frw.
Umuhango wo gushyikiriza uyu munyamahirwe amafaranga yatsindiye, wabaye kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 3 Kamena 2026.
Tuyizere Josiane yashyikirijwe Sheki iriho 10,000,000 Frw yatsindiye biciye mu mukino uzwi ku izina ry’akadege [Max Aviator Jackport].
Josiane usanzwe ari umukiriya wa Winner Rwanda, yavuze ko yakinnye bisanzwe umukino asanzwe ashakiramo amahirwe wo kugurutsa akadege ariko kubera ko ibikubo byari hejuru, agatangira kubona amafaranga yashyizeho agenda yikuba.
Yakomeje avuga ko andi mafaranga menshi yari yarabashije gutsindira muri iyi Kompanyi, angana n’ibihumbi biri hagati ya 200-300 Frw.
Yavuze ko aya mafaranga yatsindiye agiye kumufasha guhindura ubuzima ndetse yibutsa abaadakina iyi mikino ko babishyizemo ubushake nabo umunsi wabo wazagera.
Iyi Kompanyi y’imikino y’amahirwe, iri mu zikomeje kuzamura icyizere mu bakiriya bayo bitewe n’ibikorwa bitandukanye ikunze gukora ndetse n’ubunyangamugayo bwayo.








UMUSEKE.RW
