Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, ategerejwe mu Gihugu cya Tanzania mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rwiswe urwo kwagura umubano n’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.
Itangazo ryasohowe na Ministeri y’Ububanyi n’Amahanga ya Tanzania rivuga ko uruzinduko rwa Tshisekedi rutangira kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Kanama rukazageza ku wa 18, ku butumire bwa mugenzi we Dr. Samia Suluhu Hassan.
Rivuga ko ibiganiro by’Abakuru b’Ibihugu bizibanda ku ngingo nyinshi zirimo ubucuruzi n’ishoramari, ubuhinzi, amabuye y’agaciro , ingufu, ibikorwaremezo, ubwikorezi , ubuzima, amahoro, umutekano n’ubufatanye bw’Akarere.
Riti “Nyuma y’ibiganiro by’abo, Abakuru b’Ibihugu bazaganira n’abanyamakuru babagezeho umusaruro wavuye mu biganiro byabo bigamije kwagura umubano hagati ya Tanzania na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”
Uru ni urugendo rwa Gatatu, Perezida Tshisekedi agiriye muri Tanzania kuva atangiye gutegeka Congo.
Tanzania ihana imbibi na Congo ni kimwe mu bihugu bigira ijambo rinini mu bibera muri iki Gihugu by’umwihariko mu Burasirazuba bwa Congo ubu hari imirwano ihanganishije Ingabo za Congo n’umutwe wa AFC/M23.
Tanzania ni kimwe mu bihugu byari byarohereje ingabo mu butumwa bwa SADC zari zaje gufasha Ingabo za Congo (FARDC) guhangana n’abarwanyi ba AFC/M23.
Izo ngabo zarimo iza Afurika y’Epfo, Malawi na Tanzania zatsinzwe nabi mu Mujyi wa Sake ubwo abarwanyi ba AFC/M23 basatiraga kwinjira mu Mujyi wa Goma. Urugamba Tanzania yapfushirijemo abasirikare babiri abandi bagakomereka.
MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW
