Uwahoze atoza Sénégal yasuye FERWAFA

Umunya-Sénégal, Pape Thiaw wahoze atoza ikipe y’Igihugu ya Sénégal, yasuye Icyicaro cy’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA aganira n’ubuyobozi bwayo.

Pape Thiaw uri i Kigali, yaje mu Nama ya SportsBiz Africa Forum igomba kubera mu Rwanda tariki ya 10-11 Nzeri 2026.

Thiaw wahesheje Sénégal igikombe cya Afurika 2026, yanasuye ingimbi zitarengeje imyaka 20 ziri kwitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania.

Yatoje ikipe y’Igihugu cye kuva mu 2024-2026, aza kuyivamo uyu mwaka nyuma yo kuva mu Gikombe cy’Isi cyabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique na Canada.

Yasuye icyicaro cya FERWAFA ndetse aganira n’ubuyobozi bwayo
Yaganiriye na Perezida w’agateganyo wa FERWAFA, Me. Gasarabwe Claudine
Thiaw yasuye Ingimbi ziri kwitegura CECAFA izabera muri Tanzania
Yagize umwanya wo kuganira na Casa Mbungo André utoza Ingimbi zitarengeje imyaka 20

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *