Africa y’Epfo yasezerewe mu mikino y’Igikombe cy’Isi – AMAFOTO

Ikipe ya Africa y'Epfo yasezerewe mu Gikombe cy'Isi

Ikipe y’igihugu ya Africa y’Epfo Bafana Bafana yabimburiye izindi zari zageze mu cyiciro gikurikiraho gutaha isezerewe na Canada.

Ni umukino wa mbere nyuma y’iyabaye mu matsinda yasize amakipe 17 atashye. Ayo makipe arimo Haiti, Tunisia, Türkiye, Jordan, Panama, Qatar, Czechia, Curaçao, Iraq, Uruguay, Saudi Arabia, New Zealand, Scotland, Uzbekistan, Korea y’Epfo (South Korea), na Iran.

Ku cyumweru, byari ibindi ikipe ya Africa y’Epfo yazamutse itunguranye yahuye na Canada iri mu bihugu bitatu byakiriye irushanwa, cyakora umukino wabereye muri Leta zunze ubumwe za America kuri SoFi Stadium, (Los Angeles Stadium) muri California.

Bafana Bafana yatsinzwe igitego ku munota wa 90+2′ ku ishoti ryatewe na Stephen Eustáquio bihesha Canada intsinzi y’igitego 1-0.

Mu minota yari isigaye Africa y’Epfo yagerageje kugira ngo ibe yagaruka mu mukino biranga. Bivuze ko Bafana Bafana ibaye ikipe ya mbere isezerewe muri iki cyiciro cya 32 cy’igikombe cy’Isi ikaba ibaye iya 18 muri rusange mu zimaze gusezererwa.

Hugo Broos, umutoza wa Bafana Bafana yatangaje ko muri rusange bagiye irushanwa ryiza ry’igikombe cy’Isi, avuga ko bakinnye n’ikipe ya Canada ikomeye kandi yihuta, bityo bayigiyeho byinshi.

Abafana b’iyi kipe baganiriye na Super Sports na bo bagaragaje ko bishimiye uko ikipe yabo yitwaye, ndetse bayiha ikaze imuhira.

Ni bwo bwa mbere Africa y’Epfo yari ibashije kurenga amatsinda mu mikino y’Igikombe cy’Isi imaze kwitabira inshuro enye.

Imikino yindi yo gukuranamo muri 1/32 irakomeza kuri uyu wa Mbere tariki 29 Kamena 2026, ku isaha ya saa 19h00’ i Kigali, Brazil izakina n’Ubuyapani (Japan) nyuma yahoo saa 22h30’ i Kigali Ubudage (Germany) irakina na Paraguay.

UMUSEKE.RW

Share This Article