APR FC yumvikanye n’umunyezamu ukomoka muri Mozambique

Ikipe y’Ingabo iri mu biganiro bya nyuma n’umunyezamu ukomoka muri Mozambique, Ernan Siluane, w’imyaka 27.

Ni amakuru yemejwe n’ikinyamakuru cyo muri Mozambique, ikinyamakuru LanceMz cyo muri Mozambique cyatangaje ko Siluane yasezeye kuri bagenzi be akababwira ko agiye gukina mu Rwanda.

Iki kinyamakuru cyatangaje ko uyu munyezamu yasezeye kuri bagenzi be ubwo bari bamaze gutsinda Chingale de Tete ibitego 3-0, akababwira ko agiye gukina mu Rwanda.

Ubwo Siluane yatangiraga urugendo rwo gukina, yatangiriye urugendo rwe rwo gukina muri Ferroviário de Maputo, ayivamo ajya muri União Desportiva do Songo mu 2018 ndetse afasha iyi kipe kwegukana Igikombe cya Shampiyona ya Mozambique mu 2022.

Nyuma yaho ni bwo Siluane yerekeje muri Black Bulls yafashije kwegukana Igikombe cy’Igihugu mu 2023, mu mwaka ukurikiye wa 2024, ayifasha kwegukana Shampiyona ya Mozambique.

Amakuru UMUSEKE wamenye, avuga ko Ernan Siluane yamaze kumvikana n’ikipe y’Ingabo kuzayikinira mu myaka ibiri imbere.

Igisigaye ni ukumutangaza kuri APR FC. Ni umunyezamu usanzwe ari uwa mbere w’ikipe y’Igihugu ya Mozambique ndetse umukino uheruka guhuza iki gihugu, ni we wari mu izamu.

Siluane avuye muri Mozambique atwaye ibikombe bibiri bya Super Coupe, icya 2024 batsinze Ferroviário da Beira n’icya 2026 nyuma yo gutsinda União Desportiva do Songo.

Uyu munyezamu yakinnye Igikombe cya Afurika inshuro ebyiri ziheruka; icyabereye muri Côte d’Ivoire n’igiheruka cyabereye muri Maroc aho yafashije Mozambique kugera muri 1/8. Yari kumwe kandi n’iki gihugu muri CHAN yabereye muri Algeria.

Uretse ibyo kandi, ari mu bahamagawe mu kipe y’Igihugu ya Mozambique iri kwitegura gukina na Oman na Indonesia mu mikino ya gicuti.

Ikipe y’Ingabo yamaze kubona itike yo kuzakina CAF Champions League ya 2026/27, nyuma yo kwegukana Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda n’Igikombe cy’Amahoro by’uyu mwaka.

Ni ikipe yari imaze iminsi igaragaza intege nke mu gice cy’izamu aho benshi bavuga ko ikeneye ufite ubunararibonye kurusha Ishimwe Pierre, Hakizimana Adolphe na Ruhamyankiko Yvan ifite uyu munsi.

Ernan Siluane w’imyaka 27 yamaze kumvikana na APR FC kuzayikinira imyaka ibiri iri imbere
Ni umunyezamu w’ikipe y’Igihugu ya Mozambique

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *