Browsing author

Ange Eric Hatangimana

Perezida wa Guinea mu bihe byiza n’abaturage b’igihugu cye baba mu Rwanda

Perezida wa Guinea mu bihe byiza n’abaturage b’igihugu cye baba mu Rwanda

Perezida wa Guinea, Gen. Mamadi Doumbouya yabonanye n’abaturage b’igihugu cye baba mu Rwanda, bakaba bagaragaje ko bamwishimiye mu ruzinduko rw’akazi arimo i Kigali. Ambasade ya Guinea-Conakry mu Rwanda ibinyujije ku rubuga rwa X yahoze ari Twitter, yavuze ko Général Mamadi Doumbouya, yakiranywe urugwiro n’Abanya-guinea batuye mu Rwanda, ndetse ko byari ibihe by’ibyishimo n’ishema ku muryango […]

Ikirombe cyagwiriye abashakisha ubutunzi, umwe ahasiga ubuzima

Ikirombe cyagwiriye abashakisha ubutunzi, umwe ahasiga ubuzima

Gicumbi: Hakomeje gushakisha abantu babiri baheze mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro ya Zahabu mu murenge wa Miyove, umwe mu bagwiriwe n’icyo kirombe yahasize ubuzima. Abaturage Batandatu bajyaga gushakisha Zahabu mu kirombe kitemewe gucukurwamo amabuye y’agaciro cyabagwiriye umwe arapfa, batatu bavuyemo ari bazima ariko ari inkomere bajyanwa kwa muganga. Byabaye mu masaha y’umugoroba wo ku wa […]

TUJYANEMO mu guteza imbere uburezi bw’abana bafite ubumuga bwo kutabona

TUJYANEMO mu guteza imbere uburezi bw’abana bafite ubumuga bwo kutabona

Ikigo kiranguza ibikomoka kuri petrol, Vivo Energy Rwanda cyatangije umushinga cyise TUJYANEMO ugamije gushyigikira uburezi bw’abantu bafite ubumuga, iki gikorwa cyahereye muri HVP Gatagara ishami rya Rwamagana. Kugira ngo umuntu ufite ubumuga bwo kutabona abashe kwiga hasabwa byinshi bitewe n’uburyo uburezi bwabo bwihariye haba ari ibikoresho bakenera nk’impapuro bandikaho, imashini zibafasha kumva cyangwa kwandika n’ibindi […]

Abasirikare batanu ba Congo bishwe n’amabandi

Abasirikare batanu bo mu ngabo za Congo bishwe n’amabandi yahise anashimuta Umushinwa mu Ntara ya Tanganyika. Radio Okapi ivuga ko abantu bitwaje intwaro bateze igico bica abasirikare batanu mu ngabo za Congo banashimuta Umushinwa. Byabaye ku wa Gatandatu tariki 26 Mata, 2025 muri Teritwari ya Kalemie mu Ntara ya Tanganyika nk’uko byavuzwe n’abahatuye. Icyo gitero […]

M23/AFC n’intumwa za Leta ya Congo hari ibyo bumvikanyeho

Mu biganiro bikomeje kubera i Doha muri Qatar, intumwa z’ihuriro Alliance Fleuve Congo rikorana na M23 zabashije kugira imyanzuro zumvikanaho n’intumwa za Leta ya Congo. Itangazo ryasohowe na M23/AFC risa n’iryasomwe kuri televiziyo ya Congo, rivuga ko ibirikubiyemo byumvikanyweho n’impande zombi ziri mu biganiro. AFC/M23 itangazo ryayo rivuga ko mu rwego rw’ubushake bwa buri ruhande […]

Ikindi cy’icyiciro cy’impunzi zari zaheze muri Libya cyageze mu Rwanda

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, u Rwanda rwakiriye icyiciro cya 21 cy’abimukira 137 baturutse muri Libya basaba ubuhungiro. Iryo tsinda rigizwe n’abantu bageze muri Libya baturutse mu bihugu bitandukanye, bakaba barimo 14 bavuye muri Eritrea, 81 bavuye muri Sudani, 21 bavuye muri Ethiopia, na 21 bavuye muri Sudani y’Epfo. Guverinoma y’u Rwanda ifatanyije […]

Gatsibo: Umuturage yatubajije niba “kwica abakekwaho ubujura” byemewe!

Mu Karere ka Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba haravugwa ibikorwa byo kwibasira abakekwaho ubujura, ndetse hari abakubiswe, umwe bimuviramo urupfu. Igitabo giteganya ibyaha n’ibihano mu Rwanda ntaho kirimo igihano cy’urupfu ku byaha ibyo ari byo byose kuko icyo gihano cyakuwe mu mategeko y’u Rwanda. Umwe mu baturage bo mu Karere ka Gatsibo wabonye ibyabaye ku bagabo […]

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi yapfuye

Papa Fransisco wari umaze igihe arwaye yapfuye kuri uyu wa Mbere ukuriye Umunsi Mukuru Kiliziya Gatolika yizihizaho Izuka rya Yezu. Ikinyamakuru cy’i Vatican cyanditse kuri X yahoze ari Twitter ko Papa Fransisco yapfuye kuri uyu wa Mbere tariki 21 Mata 2025 afite imyaka 88 y’amavuko kuko yavutse mu 19. Karidinali Kevin Farrell, Umuyobozi Mukuru ushinzwe […]