Browsing author

Ange Eric Hatangimana

Congo – hageragejwe Coup d’Etats 100 zigamije guhirika Tshisekedi

Congo – hageragejwe Coup d’Etats 100 zigamije guhirika Tshisekedi

Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yabwiye imbaga y’abaturage ko hageragejwe Coup d’Etats 100 zigamije guhirika Perezida Felix Tshisekedi. Uyu mugabo Mutamba akunze kumvikana avuga amagambo “bamwe bafata nk’ayo gushaka igikundiro” muri politiki. Muri iyi nama yarimo imbaga y’abantu i Kinshasa, Constant Mutamba yavuze ko mu ntambara ziri muri Repubulika ya Demokarasi ya […]

UPDATES: Ba Gitifu 4 b’Imirenge basezeye akazi muri Nyamasheke

UPDATES: Ba Gitifu 4 b’Imirenge basezeye akazi muri Nyamasheke

Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge bagera kuri bane banditse basezera ku kazi kabo mu Karere ka Nyamasheke, aya makuru ntabwo “ku mpamvu zabo bwite” ubuyobozi bwabyemereye UMUSEKE. Abanyamabanga Nshingwabikorwa 4 b’Imirenge banditse basezera ku mirimo yabo mu gitondo cyo  kuri uyu wa 29 Werurwe 2025. Abasezeye ni Mudahigwa Félix wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyabitekeri, Nabagize Justine […]

Perezida wa Guinea yahaye imbabazi Moussa Dadis Camara

Perezida wa Guinea yahaye imbabazi Moussa Dadis Camara

Gen Mamadi Doumbouya wafashe ubutegetsi muri Guinea Conakry yahaye imbabazi Moussa Dadis Camara na we wayoboye icyo gihugu akoze Coup d’Etat. Ku wa Gatanu tariki 28 Werurwe nibwo Gen Mamadi Doumbouya, yahaye imbabazi Moussa Dadis Camara. Uyu Dadis Camara yayoboye kiriya gihugu hagati ya 2008 na 2009 aza gukatirwa n’urukiko igifungo tariki 31 Nyakanga, 2024 […]

Abasirikare bato muri Congo bagiye guhembwa basohoka muri Banki bamwenyura

Abasirikare bo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bagiye guhembwa basanga umushahara wabo wakubwe inshuro ebyiri, hari hashize igihe perezida Antoine Felix Tshisekedi abyiyemeje. Radio Okapi ivuga ko ku wa Gatanu ubwo abasirikare bajyaga guhembwa umushahara w’ukwezi kwa Gatatu basanze bitandukanye n’uko byari bisanzwe, basohoka muri bank bamwenyura. Abasirikare basanze umushahara wabo ungana n’amadolari 100 […]

M23/AFC na SADC byagiranye amasezerano adasanzwe

I Goma mu burasirazuba bwa Congo, aho umutwe wa M23 n’Ihuriro Alliance Fleuve Congo bifatanya kurwanya ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi, byasinyanye amasezerano n’ingabo ya SADC arimo no gucyura mu mahoro izo ngabo. Mu byishimo abasirikare ba Africa y’Epfo n’abo mu bindi bihugu bifite ingabo muri SAMIDRC bagaragaye ku meza amwe basangira amafunguro, ndetse banafata […]

Rubavu: Abagore 9 n’umugabo batawe muri yombi bakora ibitemewe

Rubavu, Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abantu 10 barimo abagore 9 n’umugabo umwe bakora ivunjisha ritemewe mu bice by’imipaka, ahazwi nka Petite na Grande Barriere . Aba bakekwaho gukorera ivunjisha mu buryo butemewe bafatiwe mu mukwabu wakozwe tariki ya 27 Werurwe 2025, hagendewe ku makuru yatanzwe n’abaturage. Mu bafashwe bagizwe n’abagore icyenda n’umugabo umwe. […]

Nduhungirehe amaze ubwoba “Perezida Neva” wikanga igitero kizava mu Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Jean Patrick Nduhungirehe yagaragaje gutungurwa n’amagambo Perezida w’u Burundi yabwiye BBC Afrique, ko u Rwanda rutegura gutera u Burundi rugakoresha Red Tabara. Kuri X, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yagaragaje ko hari ibiganiro birimo guhuza inzego z’umutekano ku mpande zombi kugira ngo zihoshe umwuka w’intambara n’amagambo atagira rutangira agamije gushyiramo […]

Thomas Lubanga yatangaje umutwe mushya urwanya Tshisekedi

Mu Burasirazuba bwa Congo havutse umutwe w’inyashyamba mushya witwa C.R.P uyobowe na Thomas Lubanga uvuga ko uje gukuraho ubutegetsi bushingiye ku itonesha n’irondakarere muri Congo Kinshasa. Uyu mutwe mushya witwa (la Convention pour la Révolution Populaire, C.R.P) uje mu gihe intambara ziyogoza uburasirazuba bwa Congo zifata intera nyuma yaho umutwe wa M23/AFC ukomeje gushegesha ubutegetsi bwa […]

Umuturage yemerewe guhabwa service bidasabye ko agura agacupa – Umuvunyi

Gicumbi: Umuvunyi Nirere Madeline yashishikarije abaturage b’Akarere ka Gicumbi kumenya serivisi bemerewe guhabwa ku buntu, bakanamenya izisabwa ko bishyura amafaranga kuko hari izo baba bafiteho uburenganzira “bagasabwa agacupa”. Avuga ko abaturage bafite uburenganzira bwo guhabwa Serivisi nta kiguzi, kandi ko ufashwe atanga ruswa yitwa icupa cyangwa izindi ndonke nawe ahabwa ibihano. Kuri uyu wa 25 […]