Browsing author

Elisée MUHIZI

Kamonyi: Polisi yafunze umusore ukekwaho kwiba ibisorori

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi, yataye muri yombi Niwempamo Emmanuel akurikiranyweho ubujura bw’ibikoresho byo mu rugo by’umuturage wo mu Karere ka Bugesera. Gufata Niwempamo Emmanuel byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 24 Gashyantare 2025. Amakuru UMUSEKE wamenye avuga ko Niwempamo Emmanuel akekwaho kwiba televiziyo nini, amasahane 10, ibisorori […]

Ruhango: Abagororewe Iwawa barakataje mu iterambere

Urubyiruko rwagororewe Iwawa mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko bahakuye ubumenyi butuma babasha kwihangira imirimo. Bamwe mu rubyiruko rwahoze mu bujura, ibiyobyabwenge n’ibindi bikorwa by’urugomo, bameje ko kwihangira imirimo bagezeho babikesha ubumenyi bavanye Iwawa. Babivuze mu imurikabikorwa rigamije kugaragaza ibyo bamaze kugeraho mu myaka ishize bavuye kugororwa. Byiringiro Anselme avuga ko yavukiye mu muryango ufite […]

Muhanga: Abahoze mu buzunguzayi bari kubakirwa inzu

Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bugiye gutuza abaturage bahoze mu bikorwa by’ubuzunguzayi batagiraga aho bakinga umusaya. Byatangarijwe mu muganda ngarukakwezi wabereye mu Mudugudu wa Gifumba, Akagari ka Gifumba, Umurenge wa Nyamabuye.   Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, yabwiye UMUSEKE ko iyo miryango 20 izubakirwa inzu zo kubamo. Ati: “Abantu bishyiramo ko mu Mujyi haturwa n’abifite, […]

Gitifu ushinjwa gutema ibiti bya Leta yongerewe igifungo cy’iminsi 30

Nsanzimana Védaste, ushinjwa gutema ishyamba rya Leta, yongerewe igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo nyuma y’uko Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rutesheje agaciro ubujurire bwe mu isomwa ry’urubanza ryabaye kuri uyu wa Kane. Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwemeje ko impamvu zatanzwe n’Urukiko rw’ibanze rwa Kiyumba zihagije, bityo Nsanzimana Védaste agomba gukomeza gufungwa by’agateganyo kugira ngo atabangamira iperereza cyangwa […]

Gen .Masunzu yahungiye Kisangani  

 Gen,   Masunzu Pacifique wari wahawe akazi ko kwivuna umutwe wa M23, yakijijwe n’amaguru yerekeza  i Kisangani. Nyuma yuko Gen.  Masunzu Pacifique ahawe inshingano nshya zo kuyobora zone  eshatu zirimo Kivu ya Ruguru ndetse n’iy’Epfo, yagerageje guhangana n’Umutwe wa M23 mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru abo barwana barushaho kumwatsaho umuriro bamufatana Umujyi wa Goma. Bitamaze kabiri […]

M23 yahamagariye abahunze gusubira mu ngo zabo

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yasabye abahunze intambara i Bukavu n’ahandi kugaruka mu ngo zabo kuko umutekano wagarutse, anabasaba kwibanda ku bikorwa by’iterambere. Yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ku mupaka wa Rusizi uhuza u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Yavuze ko abahunze intambara bakwiye kumenya ko ari ingaruka z’imiyoborere mibi yaranzwe n’ivangura rishingiye […]

Muhanga: Abasore n’inkumi bakekwaho ubujura batawe muri yombi

Itsinda ry’abantu 12 rigizwe n’abasore, abagabo n’inkumi bo  mu Mujyi wa Muhanga ryafashwe rikekwaho ibikorwa by’ubujura. Polisi mu Karere ka Muhanga yaguye gitumo abasore, abagabo barindwi n’abakobwa batanu ibashinja ubujura. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo SP Emmanuel Habiyaremye yabwiye UMUSEKE ko abo bakekwaho ubujura bafatiwe muri operasiyo yakozwe n’Inzego z’Umutekano kuko abasore bategeraga abaturage […]

Abagizi ba nabi baravugwaho kwica umugabo wakoze mu nzego z’umutekano

Muhanga: Rukwirangoga Tharcisse w’Imyaka 50 y’amavuko birakekwa ko yatewe icyuma bikamuviramo urupfu, kugeza ubu biri mu iperereza nk’uko ubuyobozi bubivuga. Rukwirangoga Tharcisse yari atuye mu Mudugudu wa Nyarucyamu, Akagari ka Gahogo, Umurenge wa Nyamabuye,  amakuru avuga ko mbere yafashwe n’abantu bataramenyekana kugeza ubu bakamutera icyuma mu rubavu, no mu  mutwe bakamusiga ari intere. Ayo makuru […]

Abashinjwa ubujura muri Kampani ikora umuhanda babwiye urukiko ko babitewe n’inzara   

Muhanga:  Abantu icyenda  bashinjwa kwiba ibikoresho bya Kampani y’abashinwa ishinzwe gukora Umuhanda wa Kaburimbo Muhanga- Nyange babwiye Urukiko ko icyaha cy’ubuhemu bakurikiranyweho bagitewe n’inzara. Aba bavuze ko Kampani yabicishaga inzara  kuko amafaranga 300 frws bagenerwaga ku munsi bayabonaga nyuma y’iminsi 40 bari mu kazi. Aba bose uko ari icyenda  bafatanywe ibikoresho bitandukanye byo kubaka umuhanda […]