Browsing author

Elisée MUHIZI

Muhanga: Uwatorewe kuyobora Njyanama yahize gukura urubyiruko mu bushomeri

Muhanga: Uwatorewe kuyobora Njyanama yahize gukura urubyiruko mu bushomeri

Nshimiyimana Gilbert watorewe kuyobora Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, avuga ko azafasha Urubyiruko kwihangira imirimo bagasezerera ubushomeri. Iyi migabo n’imigambi Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga mushya, yabivuze mbere na nyuma yo gutorerwa izi nshingano. Nshimiyimana avuga ko ashingiye ku burambe afite n’akazi yagiye akora ko guhuza Urubyiruko rudafite imirimo n’amahirwe igihugu cyabahaye bizamworohera gushyira […]

Akarere ka Ruhango kashimiye Abakuru b’Imidugudu bita ku bibazo by’abaturage

Akarere ka Ruhango kashimiye Abakuru b’Imidugudu bita ku bibazo by’abaturage

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwashimiye abakuru b’Imidugudu 50 kubera kwegera no gukemura ibibazo bibangamiye abaturage. Iki gikorwa cyo guhemba ba Mudugudu 50 cyatangiye mu kwezi kwa Gashyantare muri uyu mwaka wa 2025, hagamijwe  gushishikariza abakuru b’Imidugudu kurushaho kwegera abaturage no kubafasha gukemura ibibazo bibabangamiye. Meya w’Akarere ka Ruhango Habarurema Valens avuga ko mu marushanwa bashyizeho […]

Muhanga: Musenyeri Ntivuguruzwa yasuye abarwayi  abagenera ubutumwa

Muhanga: Musenyeri Ntivuguruzwa yasuye abarwayi abagenera ubutumwa

Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi Musenyeri Ntivuguruzwa Balthazar yasuye abarwayi 246 abagenera ubutumwa burimo n’impano. Ku munsi wahariwe abarwayi wizihijwe kuri iki Cyumweru Tariki ya 09 Werurwe 2025, Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi Musenyeri Ntivuguruzwa Balthazar n’abandi bayobozi bageneye abarenga 200 barwariye mu Bitaro bya Kabgayi ubutumwa bubihanganisha babaha n’impano zirimo ibikoresho by’isuku n’ibiribwa bibikwa […]

Ruhango: Kugaburira abana ku ishuri byazamuye ireme ry’Uburezi 

Gahunda Leta yo kugaburira abana ku Ishuri ryatumye ireme ry’Uburezi rizamuka binateza imbere ibikorwa by’Ubuhinzi mu Rwanda. Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwabitangaje kuri uyu wa Gatanu Tariki ya 07 Werurwe 2025 ubwo bwizihizaga isabukuru  y’Imyaka 10 iyi gahunda imaze igiyeho. Mu ijambo rye, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Ruhango, Mbabazi Muhoza Louis, yavuze ko mu myaka […]

Kamonyi: Umuturage afungiwe urumogi yahinze mu rugo rwe

Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Kabere, Akagari ka Nyagishubi, Umurenge wa Nyarubaka, Akarere ka Kamonyi, babwiye UMUSEKE ko hari mugenzi wabo wafashwe na Polisi azira guhinga urumogi iwe mu rugo. Abo baturage bavuga ko babonye Polisi ije gukora umukwabu mu rugo rw’uwitwa Hitimana Emmanuel, basanga muri urwo rugo yarahahinze urumogi. Uwatanze ayo makuru […]

Muhanga: Umugabo yasanzwe mu nzu yashizemo umwuka

Abaturage bo mu Mudugudu wa Nyarucyamu ya Mbere, Akagari ka Gahogo, Umurenge wa Nyamabuye, bari mu gahinda kubera urupfu rw’uwitwa Nzayisenga Claude basanze yapfiriye mu nzu yari acumbitsemo. Abo baturage baherukaga Nyakwigendera ku Cyumweru, tariki 2 Werurwe 2025, ubwo bakusanyaga amafaranga yo kwishyura amazi n’umuriro aho bacumbitse. Uwamurera Angélique, umwe mu baturanyi ba Nzayisenga, avuga […]

Musambira : Bafite umuhanda wangijwe n’ibiza umaze imyaka 8 utari Nyabagendwa

Kamonyi: Bamwe mu baturage batuye  mu Murenge wa Musambira, bavuga ko bahangayikishijwe n’Umuhanda w’ibitaka wangijwe n’ibiza  hakaba hashize imyaka umunani utari Nyabagendwa. Umuhanda aba baturage bo mu Murenge wa Musambira bavuga ko ubahangayikishije kubera ko umaze imyaka igihe udakoreshwa, ni umuhanda w’ibitaka uca ahitwa Kayumbu, hafi n’ahari Ikimenyetso cy’Urwibutso rw’abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, […]

Muhanga: Guverineri Kayitesi yasabye abanyamahoteli kwita kuri serivisi baha abakiriya

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice yasabye abafite amahoteli kwita kuri serivisi baha ababagana. Ibi Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice yabivuze ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri Tariki ya 04Werurwe2025 ubwo Hoteli yitwa  Lucerna ya Kabgayi yahabwaga inyenyeri eshatu. Muri uyu muhango wo kwishimira intera y’inyenyeri eshatu iyi Hoteli ihawe, Guverineri Kayitesi Alice Uyobora Intara […]

Muhanga: Gitifu uregwa gutema ishyamba rya Leta yarekuwe by’agateganyo

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye rwafunguye by’agateganyo Nsanzimana Védaste ushinjwa gutema ishyamba rya Leta atabifitiye uruhushya. Mu isomwa ry’urubanza ryabaye kuri uyu wa kabiri Tariki 04 Werurwe 2025, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye rwemeje ko  ikirego cy’ubushinjacyaha gifite ishingiro. Rwemeje ko Nsanzimana Védaste afungurwa by’agateganyo iki cyemezo kikimara gusomwa agakurikiranwa ari hanze. Nsanzimana Védaste ushinjwa gutema ishyamba […]

Muhanga: Ba Gitifu babiri bakuyemo akabo karenge

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Ngaru n’aka Musongati ho mu Murenge wa Nyarusange, Akarere ka Muhanga banditse basezera ku kazi. Mu banditse basezera ku nshingano barimo Nizeyimana Médard wayoboraga Akagari ka Ngaru na Murwanashyaka Eugène wayoboraga wari Gitifu wa Musongati. Bamwe mu bo bakorana babwiye UMUSEKE ko aba bombi bari bafite imyitwarire mibi kuko bagiye bihanangirizwa […]