Nyuma yo gutsinda Al Ahly Benghazi yo muri Libya amanota 94-88, Petro de Luanda yo muri Angola yahise igera ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya Basketball Africa League riri kubera i Kigali.
Uyu mukino wa kabiri wa 1/2, wabereye muri BK Arena ku wa Kane, tariki ya 28 Gicurasi 2026 aho mu bawitabiriye harimo n’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame n’abandi Banyacyubahiro batandukanye barimo abayobozi ba BAL n’aba NBA Africa.
Petro de Luanda iri mu makipe meza yageze mu mikino ya nyuma, yawutsinze bitayigoye kuko yawutsinze ku manota 94-88. Ni ku nshuro ya kane iyi kipe igeze ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa.
Iyi kipe yo muri Angola, yahise isanga RSSB Tigers BBC ku mukino wa nyuma uteganyijwe kuzakinwa ku Cyumweru, tariki ya 31 Gicurasi 2026.






UMUSEKE.RW
